Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ghana: Abantu ba mbere banduye icyorezo cya Marburg kica cyane

Monday 18 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ghana yemeje abantu babiri ba mbere banduye icyorezo kica cyane cya Marburg kandi cyandura vuba cyane kandi iyi ndwara iri mu zitera Ebola. Iki gihugu kivuga ko aba barwayi babiri bombi baherutse gupfira mu bitaro byo mu karere ka Ashanti kari mu mu Majyepfo y’iki gihugu.

Ibipimo byari byafashwe kuri aba bantu byagarutse byerekana ko bari banduye iki cyorezo mu ntangiriro z’uku kwezi, bikaba byarapimwe binemezwa na laboratoire yo muri Senegal. Abantu muri iki gihugu cyo muri Afrika y’Uburengerazuba bavuga ko abantu 98 bakoranyeho n’aba banduye.

Kugeza ubu nta muti uraboneka wo kuvura icyo cyorezo cya Marburg – ariko abaganga bavuga ko kunywa amazi menshi no kuvura ibimenyetso bizwi bishobora guha umurwayi amahirwe menshi gukira.

Iki cyorezo gikwirakwira kiva ku muntu umwe kijya k’uwundi binyuze mu matemba buzi y’uruhu. Ni indwara mbi cyane kandi yica, ikaba ifite ibimenyetso birimo kumeneka umutwe, umuriro, kubabara imitsi, kuva amaraso.

Abayobozi bashishikariza abanyagihugu ko bakwirinda kwegera ahantu hahurira abantu beshi. Kandi bagateka neza ibintu byose bikomoka ku nyama mbere yo kubifungura.

Ishami rya UN rishinzwe ubuzima WHO rivuga ko ibyorezo bikomeje kwiyongera muri Angola, Congo, Kenya, Afrika y’Epfo na Uganda. Icyorezo cya Marburg cyabonetse bwa mbere Budagi mu 1967 aho abantu barindwi bapfuye.

Iki cyorezo yahitanye abantu barenga 200 muri Angola mu 2005,nk’uko tubikesha igitangaza cya BBC. Iki kikaba ari cyo kiza kimaze guhitana abantu benshi kw’isi kugeza ubu, nk’uko bivugwa ishami rishinzwe ubuzima ku isi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru