Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

KENYA: UMWE MU BAGIZE SAUTI SOL YAMBITSE UMUNZI WE IMPETA

Thursday 28 February 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo

Umuririmbyi wo mu itsinda rya Sauti Sol, Bien-Aimé Baraza, yambitse impeta umukunzi we Chiki Onwukwe bateganya kubana.

Bien-Aimé ni umwe mu basore bane bagize itsinda rya Sauti Sol ryo muri Kenya.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gashyantare 2019, yatunguye umukobwa bamaze imyaka itandatu bakundana amwambika impeta imusezeranya ko ari we bazana.

Ibi byabereye mu nzu yerekanirwamo filime ya Westage i Nairobi muri Kenya ahari inshuti zabo n’imiryango.

Nk’uko byagaragaye ku mashusho yakwirakwije n’inshuti, Bien-Aimé yaririmbye indirimbo yise Chikwere yahimbiye uyu mukobwa.
Herekanywe kandi amashusho y’abo mu muryango w’umukobwa bavuga amagambo amutaka.

Ibirori byakomereje ahitwa Nyama Mama aho baririmbiwe n’abahanzi babiri baherutse gusinyisha mu label yabo yitwa Sol Generation Records.
Chiki abinyujije kuri konti ye ya Instagram yavuze ko yatunguwe no kubona umukunzi akodesha icyumba kireberwamo filime kugira ngo amwambike impeta imuhamiriza ko bazana.

Ati “ Ntabwo nari mbyiteze rwose! Gukodesha icyumba kireberwamo filime abo mu muryango n’inshuti babigizemo uruhare. Mwakoze cyane! Navuze Yego byoroshye kurusha izindi, mbwira umuntu wanjye, inshuti y’akadashoka, umukunzi wanjye; ndagukunda.”

Bien-Aimé na Chiki bahuye mu 2013, aho umukobwa yari aturutse iwabo muri Nigeria agiye gutangiza inzu y’imyitozo ngororamubiri i Nairobi.
Akomoka ku mubyeyi umwe w’Umunya-Nigeria n’Umusuwisi basanzwe batuye mu Bwongereza.

Uyu musore aje yunga mu rya mugenzi we Polycarp uherutse gukora ubukwe n’Umurundikazi witwa Amanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru