Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kenya: Abakomiseri bamwe mu kanama k’amatora barashinjwa kubangamira ugushaka kw’abaturage

Thursday 18 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umukuru w’akanama k’amatora ka Kenya yashinje bane mu abakomiseri bako batemeje ibyavuye mu matora ya perezida kugerageza guhungabanya itegekonshinga.

Mu itangazo, Wafula Chebukati yavuze ukuntu yabonye ibyihishe inyuma y’akavuyo kabayeho ku wa mbere ubwo itangazwa ryari riteganyijwe ry’ibyavuye mu matora ryatinzwagaho amasaha menshi.

Yavuze ko abo bakomiseri bane nyuma baje kwitandukanya n’ibyatangajwe ko byavuye mu matora basabye ko umukuru w’akanama yoroshya ibyavuye mu matora hagamijwe gutuma amatora asubirwamo bitandukanye n’indahiro bakoze y’akazi.

Ibi bingana no guhungabanya Itegekonshinga n’ugushaka ko ku rwego rw’ikirenga kw’abaturage ba Kenya.

Chebukati yashyigikiye igikorwa cye cyo gutangaza ko William Ruto yatsinze, nubwo habayeho uko kubyanga kw’abo bakomiseri, avuga ko yabikoze mu gukurikiza amategeko.

Abo bakomiseri bane bavuze ko bafite ibibazo ku kuri kw’amajwi yakusanyijwe kandi ko batahawe akanya ko kugenzura ibyavuye mu matora.

Uburyo bwo kubara bakoresheje mu gusobanura izo mpamvu zabo kurashidikanywaho.

Raila Odinga, wari uhatanye bikomeye na Ruto, yanze kwemera ibyavuye mu matora kandi yasobanuye ko azabitambamira mu bucamanza.

Imwe mu ngingo atanga ni uko Chebukati nta burenganzira yari afite bwo gutangaza ibyavuye mu matora.

Iki gishobora kuba ari ikibazo kimwe abacamanza bo mu rukiko rw’ikirenga rwa Kenya bazagomba gufataho umwanzuro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru