Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kuki abarimu batize uburezi kubona inguzanyo bitandukanye n’ababwize?

Monday 19 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umwalimu SACCO ni koperative ikora mu buryo bwo kubitsa no kuguriza abari mu mwuga w’uburezi ariko n’abandi bayishakamo serivisi ikaba yazibaha mu buryo butandukanyeho gato n’abarezi.

Gusa abarimu badafite impamyabumenyi z’uburezi ntibahabwa inguzayo ku nyungu imwe n’abigisha barize uburezi nkuko Umuyobozi Mukuru w’Umwalimu SACCO yabisobanuriye Mamaurwagasabo.

Akanshi impamvu abarimu batize ubure badahabwa inguzanyo byoroshye ni uko Umwalimu SACCO itekereza ko bashobora kwirukanwa igihe icyo aricyo cyose kuko baba batujuje ibisabwa mu kazi barimo.

Mu mwaka wa 2020 hasohotse ibwiriza rivuga ko Sitati y’abarimu batize uburezi bagomba kuzageza tariki ya 28 Gashyantare 2023 baramaze kwiga uburezi.

Ibyo bikaba bitatuma ahabwa inguzanyo irengeje imyaka bahawe, 4, iyo bagiye kumuha inguzanyo bareba amasezerano afite ku kazi ke; ntihabwa irenze igihe azamara mu kazi bagendeye ku masezerano afite.

Madame Laurance, uyobora Umwarimu SACO, we yavuze ko mu gihe umwarimu utarize uburezi ashaka inguzanyo ahabwa ingana n’igihe afite kumara mu kazi ku buryo igihe bahawe cyo kuba baramaze kwiga uburezi kizagera nawe yaramaze kwishyura ya nguzanyo.

Gusa yanavuze ko igihe yaba yararangije kwiga uburezi afite impamyabumenyi yahabwa inguzanyo yaba yifuza uko yaba ingana kose.

Aho yagize ati: “Uwamaze kubona diploma, umukoreha we atwandikira muri attestation de service ye, ko yamaze kwiga uburezi, nubwo yaba ataratangira kuyihemberwa.”

Yakomeje avuga ko guhabwa inguzanyo, hagenderwa ku maserano ufitanye n’abakoresha be kuko nibwo baba bizeye ko uzabona ubwishyu ku nguzanyo wahawe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru