Nyuma yo kubona ko urugamba rugeze mu nahina kandi umutwe wa M23 igaragaza imbaraga zidasanzwe ku gisirikare cya Leta ya Congo n’abo gifatanyije aribo Ingabo z’umuryango SADC, Ubutumwa bwa Loni muri Congo nabwo bwijeje ubufasha kuri Leta.
Byatangajwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ishinzwe amahoro, Jean Pierre Lacroix, ubwo yari mu ruzinduko muri RDCongo.
Yagize ati “Mu mwanzuro wayo wa 2717, akanama k’umutekano gafite MONUSCO mu nshingano kazasuzuma uburyo bwo gufasha SADC mu bikoresho n’ibikorwa. Ni ko kazafata icyemezo ku miterere y’ubu bufasha.”
Lacroix amaze iminsi muri RDC. Yahuye na Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi Tshilombo, amusezeranya ko MONUSCO izakomeza gutanga ubufasha mu kurinda abaturage mu bice biberamo intambara.
Mu matangazo y’uko Imirwano ihagaze mu Burasirazuba bwa Congo, umutwe wa M23 nawo umaze iminsi utangaza ko ingabo za Monusco zikoresha indege zabo zifata amakuru zikanayatabga ku ruhande bahanganye, ukanibutsa ko ukomeje kubyiyama.




















