Hari abaturage bakoresha umuhanda uturuka younde werekeza mu Kinigi, bavuga ko hari ikiraro cyacitse giherereye mu kagari ka Cyabagarura, mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze.
Abaganiye na MAMAURWAGASABO TV bavuze ko iki kıraro kibateye impungenge kubera ko imodoka zigorwa no kuhanyura, ariko hakaba hatamezeneza.
Umwe witwa Twizere yagize ati”Iki kiraro kiraduhangayikishije kubera ko kimaze igihe cyarangritse ariko nticyakozwe urabona ko imodoka kuhanyura zikoreye ibicuruzwa ari ikibazo gikomeye, kandi n’umuntu yahavunikira, niyompamvu mukwiye kudukorera ubuvugizi bakagikora.”
Undi muturage yagize ati“Ushobora kubona ko ari ikiraro gito ariko uzahagere imvura yaguye urebe uburyo amazi aba yabuze aho anyura akamanukira mu mirima kubera iki kiraro, turifuza ko ubuyobozi bwasana iki kiraro imodoka zikajya zihanyura ntampungenge.”
Si iki kirararo gusa kuko hari ni’kindi kiraro gihuza imidugudu itatu arıyo, Rugeyo, Kiroba na Kabaya muri aka kagari ka Cyabagarura nacyo cyangiritse kugira ngo imodoka yambuke babanza gupangamo amabuye.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze NSENGIMANA Claudien, avuga ko bakomeje kubaka ibiraro bitandukanye muri uyu murenge wa Musanze ngo n’iki bazareba uburyo cyakorwa.
Ati”Murabizi ko twagiye twubaka ibiraro bitandukanye muri uyu murenge wa Musanze na Nyange, aho naho tuzahagera turebe igikwiye gukorwa.”


























