Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Link wakuraho ikiganiro cyose:
https://www.youtube.com/watch?v=JZC9cW72FFc&ab_channel=MAMAURWAGASABOTV
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga wibihugu bikoresha Igifaransa Louise Mushikiwabo yasabye abikorera mu biri uriya muryango kuyoboka isoko ry’u Rwanda bakarishoramo imari kuko hakiri byinshi byo kubyaza umusaruro.
Mushikiwabo yabitangarije mu kiganiro ku bucuruzi, ishoramari n’ubukungu cyabereye i Kigali gihuje abashoramari na ba rwiyemezamirimo basaga 100 bo mu bihugu bigize Francophonie, mu Mushinga wiswe “Mission économique et commerciale de la Francophonie.”
Ni ikiganiro cyitabiriwe n’abashoramari baturutse hanze na bagenzi babo bagera kuri 200 basanzwe ari abacuruzi mu Rwanda.
Louise Mushikiwabo yavuze ko muri iki gihe uyu muryango ushyize imbere iterambere ry’ubucuruzi n’ubuhahirane mu bihugu binyamuryango kuko amahirwe ari menshi dore ko isoko ry’abatuye uyu muryango gusa basaga miliyoni 320 kandi bakaba bakomeje kwiyongera.
Wakurikirana ikiganiro cyose unyuze kuri iyi link: https://www.youtube.com/watch?v=JZC9cW72FFc&ab_channel=MAMAURWAGASABOTV


























