Abaturage batuye mu kagari ka Rutaraka mu murenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare, barataka ko bamaze imyaka irenga itandatu baremerewe kwimurwa ahagiye icyanya cy’inganda nanubu bakaba bagitegereje kandi barabujijwe kuvugurura inzu zabo.
Ni bamwe mu batuye mu mudugudu wa Nkonji ahahariwe ibikorwa by’inganda, nubwo abahatuye bigaragara ko bishimiye iterambere ry’inganda ryaje iwabo gusa bagaragaza ko bemerewe kwimurwa aha hantu ariko bakaba bagitegereje kuhava ariko byaranze.
Uwitwa Grace Nyiramariza yagize ati"Ubu tumaze imyaka isaga cumi n’ibiri tubwiwe ko tuzimurwa aha hantu ntanakimwe twemererwa gukora haba kubaka cyangwa kuvugurura" n’aho Migambi Eliasi yongeyeho ati "Aha ikibazo dufite ni ukutemerwa kubaka cyangwa ngo twimurwe bigire inzira usanga niyo waba ufite ubushobozi kubaka utabyererwa cyangwa kuvugurura"
Aba baturage bavuga ko bagirwaho ingaruka no kuba batarimuwe aha hantu bityo bakifuza ko bahabwa ingurane cyangwa bakabareka bagakoresha ubutaka bwabo. Yagize ati"twe icyo twifuza nuko Koko batwimura aha tugasanga iterambere nk’abandi"
Ku muronko wa terefone umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Gasana Stephen avuga ko aha hagenewe icyanya cy’inganda ko bityo bitemewe kiretse kubifuza kuhakorera ibindi bikorwa.
Mu magambo ye yagize ati "Hariya ni mu cyanya cyahariwe ibikorwa by’inganda kuhubaka ntibyemewe cyakora ushaka kuhakorera indi mirimo arayikora nk’ubuhinzi cyangwa ubworozi abahatuye bazahimurwa igihe nikigera"
Uyu mudugudu wa Nkonji uherereye aha hariwe ibikorwa by’inganda zibarizwa mu Karere ka Nyagatare. Bikaba byaratumye batemererwa kuhubaka.


























