Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bakomeje kwibaza impamvu uruganda rwabetaga ibigori bya miserie rumaze imyaka irenga 12 rudakora kandi rwari rubafatiye runini mu iterambere.
Uru ruganda rwafunze imiryango mu 2010, bivugwa ko rwafunze kubera igihombo rwagize.
Bamwe mu baturage baganiriye na Mamaurwagasabo bavuga ko byabababaje.
Mugisha James yagize ati: "Natwe ubwacu twarababaye kuba uru ruganda rumaze igihe kinini rudakora, rwatangaga akazi ku (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane inzego z’umutekano zabyutse zibuza urujya n’uruza ku batuye muri Kangondo ya mbere na Kibiraro, mu kagari ka Nyarutarama ahazwi nka Bannyahe, bababwira ko bagiye kwimuka.
Aba baturage batangaje ko batunguwe n’icyo cyemezo bitewe na gahunda bari baragiranye n’Umujyi wa Kigali nyuma yo kubabwira ko bagomba kwimuka, bakerekeza mu karere ka Kicukiro mu Busanza mu mudugudu w’Ikitegererezo bubakiwe.
Umwe mu bapangayi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Bigogwe Akagali ka Rega mu Mudugudu wa kagano hari umuturage witwa Uzayisenga Epiphanie uvuga ko nyuma yo gusenyerwa n’ibiza hashize imyaka ibiri yijejwe amabati none amaso yaheze mu kirere.
Inzu y’uyu muturage wo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe yatwawe n’ibiza umwaka muri Werurwe 2021.
Yabwiye munyamakuru wa Mamaurwagasabo ko abayeho mu buzima bugoye kuko imvura ihora imunyagira.
Asaba ubuyobozi bw’Akarere ka (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage bo mu mirenge imwe n’imwe mu karere ka Gakenke bagitsimbaraye kuri Gakondo yabo, bagumye mu manegeka ashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Leta y’u Rwanda yashyizeho politiki yo gutuza Abanyarwanda mu midugudu aho bigasha kugezwaho ibikorwa remezo mu buryo bworoshye kandi bikihuta kugera kuri bose. Ni igisubizo kandi ku kwirinda guhitanwa n’ibiza mu bihe by’imvura nyinshi.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga mu mirenge ya (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bakora uburaya bo mu karere ka Musanze bavuga ko bagihutazwa kenshi mu mibereho yabo ya buri munsi bagasaba ko bahabwa uburenganzira bwabo.
Ni abo mu mirenge ya Muko, Cyuve na Muhoza bavuga ko bakorerwa icyo bita ihohoterwa ririmo kwirukanwa aho batuye bakaba ibicibwa muri rubanda, kimwa serivisi.
Umwe muri bo yagize ati: "Turambiwe akarengane dukomeje gukorerwa, barimo kutwirukana aho dutuye kandi mu byukuri uyu ’mwuga’ niwo udutunze; (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke, mu Murenge wa Gakenke na Nemba bavuga ko banyotewe kongera kubona amazi meza kuko bugarijwe n’indwara zituruka ku mwanda.
Abaganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bo mu mudugudu wa Nyamabuye mu kagari ka Rusagara, mu murenge wa Gakenke, bavuga ko ubu bavoma amazi y’ibirohwa muri ruhurura yitwa Nyabutaka nyuma yuko amavomo rusange bahawe atagikora neza.
Munyaneza Charles yagize ati "Hano dukeneye amazi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakuwe mu manegeka mu karere ka Gakenke baravuga ko imyaka igiye kuba ibiri badacana Biyogazi kuko zitagikora kandi barabimenyesheje ubuyobozi.
Ni abo mu Murenge wa Gakenke, batujwe mu nzu zizwi nka ’Four in one’ zijyamo imiryango 4.
Batangarije mamaurwagasabo ko barambiwe guhora bitirirwa ko bafite Biyogazi kandi zaramaze kwangirika .
Bigirimfura Theogene yagize ati: ’’Amatiyo yo ku bwiherero (…)
Nyuma y’imyaka 70 ari ku Ngoma, Umwamikazi w’Ubwongere yatanze, ku myaka 96.
Ni inkuru y’incamugongo yumvikanye i Balmoral muri Scotland nyuma y’uko kuri uyu wa kane, abaganga bari batangaje impungenge ku buzima bwe.
Ingoro ya Buckingham yagize ati “Umwamikazi yatanze mu mahoro i Balmoral kuri iki gicamunsi.”
Umwamikazi yimye ingoma mu 1952, niwe wari umaze igihe kirekire ku ntebe y’Ubwami bw’Ubwongereza.
Umuhungu we w’imfura Charles, igikomangoma cya Wales, azayobora igihugu mu (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage batuye mu murenge wa Shingiro mu karere ka Musanze mu Murenge bagikora urugendo rurenga amasaha abiri bagiye gushaka ikigo nderabuzima “Centre de sante ” bikagira ingaruka cyane ku bakibyara.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga mu Murenge wa shingiro bamutangarije ko bibagora kugera ku ikigo nderabuzima cy’umurenge.
Nyiranizeyimana Devotha yagize ati: "Hano muri Shingiro dufite ivuriro rimwe naryo ryubatse kure, kugerayo (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yakebuye urubyiruko ingeso y’ubujura, bikaba kimwe mu bituma batakarizwa icyizere cyo kwinjira mu buyobozi bwa Leta.
Yabivuze mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Nzeri 2022, ubwo yatangizaga ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi itanu y’urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu Mujyi wa Kigali ari kubera mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana.
Ni amahugurwa yitabiriwe (…)
Gisagara: Imirasire n’umuriro w’amashanyarazi bihabwa abifite
17 September 2025, by Valens Nzabonimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















