Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage batuye mu murenge wa Shingiro mu karere ka Musanze mu Murenge bagikora urugendo rurenga amasaha abiri bagiye gushaka ikigo nderabuzima “Centre de sante ” bikagira ingaruka cyane ku bakibyara.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga mu Murenge wa shingiro bamutangarije ko bibagora kugera ku ikigo nderabuzima cy’umurenge.
Nyiranizeyimana Devotha yagize ati: "Hano muri Shingiro dufite ivuriro rimwe naryo ryubatse kure, kugerayo (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yakebuye urubyiruko ingeso y’ubujura, bikaba kimwe mu bituma batakarizwa icyizere cyo kwinjira mu buyobozi bwa Leta.
Yabivuze mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Nzeri 2022, ubwo yatangizaga ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi itanu y’urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu Mujyi wa Kigali ari kubera mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana.
Ni amahugurwa yitabiriwe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Isoko rya Gisenyi ryatangiye kubakwa mu 2009 ariko risa n’iryananiranye kuzura kubera ibibazo bitandukanye birimo no kuba ryarashyizwe mu manza igihe kirekire ariko riza gusubira mu maboko y’akarere.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2021 nibwo Akarere ka Rubavu kagiranye amasezerano n’abikorera bo muri aka karere binyuze muri sosiyete yitwa RICO (Rubavu Investment Company) yo gukomeza kubaka iri soko.
Mu kiganiro n’itangazamakuru umuyobozi w’Akarere ka (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ahagana saa 12h25’ nibwo imwe mu nzu icumbikira abakinnyi b’ikipe y’umupira w’amaguru ya Espoir fc yo mu karere ka Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Iyi nyubako ikimara kwisabirwa n’inkongi y’umuriro Polisi y’Igihugu, ishami rishinzwe ibikorwa by’ubutabazi bahise iza gutabara .
Ntabwo haratangazwa ibyahangirikiye dore ko bivugwa ko byabaye abakinnyi bose bagiye mu myitozo.
Dukomeje gukurikirana iyi nkuru...
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage bo mu karere ka Rubavu basenyewe n’imitingito yatewe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo cyo muri RD Congo mu 2021 bababajwe nuko bangiwe kuvugurura inzu zabo.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga ku nzu n’inyubako zimwe zitaravugururwa kugeza ubu nyuma yo gusenywa n’imitingito.
Bamwe muri bo ni Nduwimana Emmanuel, yagize ati: "Tugera ku karere tugiye gusaba ibyangombwa ngo tuvugurure bakatwangira, bakakubwira ko (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage baturiye ikiyaga cya Nyirakigugu baravuga ko batewe impungenge n’amazi yacyo agenda abasatira umunsi ku munsi bishobora kubagiraho ingaruka zo gusenyerwa no kwangiririzwa imitungo.
Mu myaka ya mbere ya 2010, ikiyaga cya Nyirakigugu giherereye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu cyahoze ari gito cyane, bamwe badatinya kuvuga ko cyari nk’ikiziba cy’amazi. Gusa uko iminsi igenda ishira cyagiye cyaguka kugeza igihe cyafashe imirima (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu birimo n’ubutabera ikomeje ubukangurambaga bwo kumenyekanisha iki kigo cyane ko benshi bataramenya imikorere yacyo.
Umuyobozi wa RFL, LT col Dr Charles karangwa ashimangira ko ibimenyetso batanga biba byizewe 100% , kandi akizeza abanyarwanda ko bazahabwa ubutabera bwuzuye ku buryo nta muntu ukwiye kujya arenganywa kandi ikigo gihari.
Mu mibare yagaragajwe n’umuyobozi Mukuru wa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu banyarwanda bo mu kiciro cy’absigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Musanze, barasaba Perezida Kagame ko yabashakira amacumbi bakabona aho gukinga umusaya.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga aho batuye, mu mu murenge wa shingiro, akagari ka Mudende bamubwiye ko inzu barimo bazitujwemo na leta ariko zubakwa aho bita mu manegeka, none zabasaziyeho birushaho kuba bibi ku bageze mu za bukuru zenda kugwaho.
Umwe muri bo yagize ati: (…)
Yanditswe na MUTUNGIREHE Samuel
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Bugesera batangaza ko Inshuti z’Umuryango zifite uruhare rukomeye mu kugarura umubano mwiza hagati y’ababyeyi bafitanye amakimbirane mu ngo, agiraga ingaruka ku burenganzira bw’umwana.
Inshuti z’Umuryango ni umugabo n’umugore b’inyangamugayo batorwa ba bagenzi babo mu mudugudu, bakagira inshingano zo kugira inama ingo zifite amakimbirane zikongera kubana neza no kwita ku burenganzira bw’umwana mu muryango, arindwa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Imyaka igiye kurenga itanu abaturiye umupaka wa Cyanika mu karere ka Burera bibaza impamvu isoko rya Kijyambere (Close border market) ridakora kandi leta yararishoyemo amafaranga atari make.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga muri iri soko yasanzemo abacuruzi batarenze batatu, nabo bavuga ko babuze amahitamo kuko bibaza impamvu akarere katazana abacuruzi bose ngo barikoreremo, bahurizwe hamwe.
Umutesi Ange yagize ati: "Njye mbona akarere (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















