Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Ibitaro bya Gisenyi by’akarere ka Rubavu biratangaza ko mu buryo butandukanye bifite bwo gufasha abagore bashaka kuringaniza urubyaro harimo uburyo batakibona bw’agapira ko mu kuboko kagenewe abagore ariko kamara imyaka itatu (kazwi nka Jadeli y’imyaka 3), kandi ngo kakundwaga n’abagore benshi kurusha uko bakunda ubundi buryo busigaye.
Byatangajwe n’umuforomokazi ku bitaro bya Gisenyi, Ingabire Jacqueline, uhagarariye serivisi zo kuboneza urubyaro, ubwo (…)
Nubwo ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bukomeje ubukangurambaga mu nzego zitandukanye hagamijwe gukumira ababuza abana amahirwe yo kwiga ndetse no guca burundu abana bagikoreshwa imirimo itandukanye ivunanye, hirya no hino mu byaro bamwe mu babyeyi nabo baratunga bagenzi babo agatoki bafashe inshingano zabo bakaziharira leta gusa.
Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga mu mirenge ya Byumba na Kageyo yasanze hari abana bagikoreshwa imirimo itandukanye muribo benshi baba barimo (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Gicumbi, Intara y’Amajyaruguru mu murenge wa Kageyo, baravuga ko bagikorerwa ihohoterwa n’abagabo babo aho usanga bagikubitirwa mu nzu abandi bagatukwa bakanga kubishyira ku karubanda bagahitamo kubakingira ikibaba.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge, bavuga ko hari n’igihe amafaranga bakoreye umugabo aza akatumwaka twose.
Mukamusoni Eugenie yagize ati, "Abagabo bacu (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Yaba Ababyeyi cyangwa abayobozi mu karere ka Nyabihu baracyashimangira ko ikibazo cy’imyumvire mike ku babyeyi ari cyo ntandaro y’igwingira n’imirire mibi ku bana bo muri ako karere, bigatuma gahora mu turere twa mbere mu gihugu dufite abana benshi bagwingiye, Nyabihu ni 46.7% (DHS 2020); akarere kakizera ko imbaraga kashyize mu guhangana nabyo zizatanaga umusaruro mu myaka ibiri iri imbere.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga ku rugo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Hari bamwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Ngororero bavuga ko kugira ngo urugamba rwo kurwanya igwingira mu ban abo muri ako karere ruzatsindwe vuba hari n’imiryango yisanze mu kiciro cya Gatatu cy’Ubudehe ariko bitajyanye n’ubushobozi bwayo bityo ntigire amahirwe yo kubona ibigenerwa abana bavukira muri iyo miryango nk’Ifu ya Shisha Kiibondo bakisanga bari mu mirire mibi abandi baragwingiye.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga ku Kigo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Kimwe mu bikunze kugarukwaho n’abayobozi ko imirire mibi ituruka ahanini ku bumenyi buke bw’ababyeyi badakoresha ibyo bafite ngo bagaburire abana indyo yuzuye, bishimangirwa n’umubyeyi witwa Nyiratuza Clemance utuye mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Karambo mu Murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero. Uyu mubyeyi avuga ko yabanje guta umwanya ajya mu bapfumu ngo arebe ko bamurogeye umwana wari utangiye gucurama imisatsi no kweruruka ataramenya ko arwaje (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu rugamba rwo kugabanya imirire mibi n’igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu, umurenge wa Mushonyi wo mu karere ka Rutsiro umaze gutera intambwe ishimishije aho amezi ageze kuri atandatu nta mwana wongeye kugaragaraho imirire mibi bitewe n’ingamba z’amarerero yo mu ngo (Home Based ECD) zimakajwe guhera mu midugudu.
Ubusanzwe akarere ka Rutsiro kari mu tuza imbere mu gihugu mu kugira imibare iri hejuru y’abana bari ku gipimo cyo hejuru mu kugwingira (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze, mu murenge wa Cyuve, Akagari ka Bukinanyana, mu mudugudu wa Mwirongi hari umuturage witwa Nkurikiyinka Emmanuel ubarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe, uvuga ko amaze imyaka irenga itanu anyagirwa mu gihe ubuyobozi bw’umurenge buhora bumubeshya ko buzamwubakira none asigaye yihengetse mu gakoni ka metero imwe kuri imwe.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga mu murenge wa Cyuve aho uyu musaza Nkurikiyinka w’imyaka 72 (…)
Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko guhera kuri uyu wa Gatanu bitakiri itegeko kwambara kwambara Agapfukamunwa kari kamaze imyaka irenga Ibiri nta muntu wemerewe kujya mu ruhame atambaye Agapfukamunwa n’amazuru
Ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Gicurasi 2022, iyobowe na Nyakubahwa Perezida Kagame Paul.
Icyakora abantu barashiahikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahuriye abantu benshi.
Abaturage (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko baheze mu rujijo ku ikorwa ry’umuhanda Base-Kirambo-Butaro bemerewe na Perezida Kagame, uyu muhanda watangiye kubakwa kuva mu mwaka 2016 ariko ibikorwa bihagarara muri 217, bakibaza amaherezo y’igihe uzubakirwa bikabayobera.
Ibi babitangarije Umunyamakuru wa Mamaurwagasabo ubwo yageraga muri aka karere.
Abenshi mu bakoresha uyu muhanda bashinja ubuyobozi bw’inzego z’ibanze (…)
Mu irushanwa ryo kwibuka padiri Kayumba ikipe ya UTB niyo yegukanye byinshi
11 February 2019, by MUTESI Scovia
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















