Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwitabira irushanwa Nyafurika rya Handball
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwitabira irushanwa Nyafurika rya Handball

Ndayambaje Jean Claude
U Rwanda rwatoranyijwe nka kimwe bihugu bizitabira Igikombe cya Afurika cy’imikino y’amaboko, Handball, ku bagabo, kizabera mu gihugu cya Maroc. Ni irushanwa rigomba gutangira tariki ya 13 kugeza 23 Mutarama 2022.
Ni irushanwa u Rwanda rugiye kwitabira ku nshuro ya mbere mu gihe rizaba ribaye ku nshuro ya 25 ku rwego rw’Afurika.
Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Handball muri Afurika "CAHB" yamenyesheje ibihugu byose bigomba kwitabira Igikombe cya Afurika (…)

424 Shares 4 Comments
Burera : Aborozi b'inka baragirwa inama yo korora kijyambere
Burera : Aborozi b’inka baragirwa inama yo korora kijyambere

Uruganda rwa Burera Dairy rwahoze ari urwa Leta rucungwa n’akarere ka Burera ariko kuri ubu rweguriwe abikorera. Kugeza ubu rutunganya litiro ibihumbi bibiri n’amaganatanu ku munsi (2500) ndetse bakaba bafite inzozi zo kuzajya bakora litiro miliyoni mu kwezi.

424 Shares 4 Comments
feature-top
Mu minsi 10 abarenga miliyoni imwe bagiye gukingirwa COVID19 mu turere 12
Mu minsi 10 abarenga miliyoni imwe bagiye gukingirwa COVID19 mu turere 12

Mutungirehe Samuel
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo k’igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr Nsanzimana Sabin, yatangaje ko iki kigo cyatangiye ikiciro cyo gukingira COVID19 mu buryo bwagutse mu turere 12 hanyu y’Umujyi wa Kigali, bakoresheje doze zirenga miliyoni imwe mu minsi igera ku 10.
Ni muri gahunda u Rwanda rwihaye yo kugera ku ntego y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS yo gukingira nibura 60% by’abaturage b’igihugu kugira ngo igihugu kizere ko cyarwanyije gukwirakwira k’ubwandu bwa (…)

424 Shares 4 Comments
Bwa mbere mu Rwanda hagaragajwe amazina n'amasura y'abahamwe n'ibyaha byo gusambanya abana
Bwa mbere mu Rwanda hagaragajwe amazina n’amasura y’abahamwe n’ibyaha byo gusambanya abana

Mutungirehe Samuel
Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika y’u Rwanda bwashyize ahagaragara amazina n’amasura y’abantu bahamwe n’icyaha cyo gusambanya abana ndetse n’abantu bakuru.
Hashize igihe byemejwe ko hagiye kujya hatangazwa amazina n’amasura y’abantu bahamwe n’ibyaha byo gusambanya abana mu rwego rwo kugira ngo nibura abatekereza kubikora batinye ko bazamenyekana, wenda bigabanye umubare w’abishora mu konona u Rwanda rw’ejo.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Ukwakira 2021 (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
IPRC: Abazahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika 2022 bamenyekanye
IPRC: Abazahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika 2022 bamenyekanye

Nzeyimana Viateur
Abanyeshuri begukanye intsinzi mu marushanwa y’imyuga n’ubumenyingiro yaberaga muri IPRC Kigali iherereye Kicukiro barasabwe gukora cyane no gukomeza kwitoza, kugira vuba, kugira ngo bazashobore gutsinda mu marushanwa yo ku rwego rw’Afurika azabera muri Namibiya.
Abo ni Nizeyimana Janvier wiga iby’amashanyarazi, Niyigena Elie wiga iby’amazi, Irimaso David wiga iby’amashanyarazi na Ndayishimiye Andres wiga iby’ubwubatsi bose bazahagararira u Rwanda mu gihugu cya Namibiya (…)

424 Shares 4 Comments
Jeannette Kagame yashimye umusanzu w'abageze mu zabukuru mu kubaka u Rwanda rushya
Jeannette Kagame yashimye umusanzu w’abageze mu zabukuru mu kubaka u Rwanda rushya

Madamu Jeannette Kagame yashimye uruhare rw’abageze mu zabukuru mu kubaka u Rwanda rwifuzwa no guha abakiri bato umurage mwiza bazagenderaho.
Ni ubutumwa yabutanze binyuze ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 8 Ukwakira 2021, itariki isanzwe yizihizwaho Umunsi Mpuzamahanga w’Abageze mu Zabukuru.
Ku rwego rw’isi, uyu munsi w’abageze mu zwizihijwe mu nsanganyamatsiko igaruka ku ’Gukangurira no gufasha abantu gukoresha ikoranabuhanga, abageze mu zabukuru badahejwe’.
Umunsi Mpuzamahanga (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Success story for Clarisse a Komera teen mother in the program
Success story for Clarisse a Komera teen mother in the program

Clarisse,“” is a teen mother from Nyankora cell, Kayonza district, she is 19 years old, her father died.
She got pregnant on 18 years old when she was in S3, her family rejected her severely.
"My brother was always insulting me, he brought me out, they denied me food." She said.
She gave birth and she was very hungry, stressed, traumatized. It is that situation when Komera came and picked her, Komera counseled her, teach her self-confidence, family planning, to love her child, to love (…)

424 Shares 4 Comments
Rurangwa woherejwe n'Amerika yagejejwe mu Rwanda kurangiza igihano yakatiwe ku cyaha cya Jenoside
Rurangwa woherejwe n’Amerika yagejejwe mu Rwanda kurangiza igihano yakatiwe ku cyaha cya Jenoside

Rurangwa w’imyaka 59 yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe saa Kumi n’iminota itanu kuri uyu wa Kane, tariki ya 7 Ukwakira 2021.
Yoherejwe mu Rwanda nyuma yo kwirukanwa ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Yageze i Kigali yambaye ishati y’ubururu bwerurutse, ikoboyi n’inkweto z’umweru.
Yahise afatwa n’abapolisi babiri, bamwambitse amapingu mbere yo kumwinjiza mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.
Rurangwa wabonye izuba mu 1962, mu mwaka wa (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Igice kimwe cy'ibitaro bya Kibagabaga cyafashwe n'inkongi
Igice kimwe cy’ibitaro bya Kibagabaga cyafashwe n’inkongi

Ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu, Laboratoire y’Ibitaro bya Kibagabaga yafashwe n’inkongi y’umuriro aho bikekwa ko ishobora kuba yatewe n’umuriro w’amashanyarazi.
Ibitaro bya Kibagabaga biherereye mu Karere ka Gasabo. Ahagana saa kumi nibwo bivugwa ko inkongi yatangiye, igice cy’ahagana inyuma muri iyi laboratoire kirashya.
Abari bahari bakeka ko iyo nkongi yaba yatewe n’umuriro w’amashanyarazi kuko mbere yayo hari ibintu bumvaga biturika ariko ntibasobanukirwe ibyari byo.
Igihe cyavuze (…)

424 Shares 4 Comments
Amarushanwa y'abahize abandi mu mashuri y'imyuga ararimbanyije muri IPRC Kicukiro
Amarushanwa y’abahize abandi mu mashuri y’imyuga ararimbanyije muri IPRC Kicukiro

Ku nshuro ya kabiri mu mashuri y’imyuga hari kuba amarushanwa mu rwego rw’igihugu guhitamo abazahagararira u Rwanda mu rwego rwa Afurika kugera ku rwego rw’Isi.
Kuva kuri uyu wa kabiri kuwa 05/10/2021 i Kigali hari kubera amarushanwa y’abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri y’imyuga, aribyo TVET na IPRC zose.
Mu bigo by’amashuri makuru y’imyuga byavuyemo abanyeshuri barushanwa nibyo bikurikira ; IPRC Gishari, IPRC Huye, IPRC Karongi, IPRC Kigali, IPRC Kitabi, IPRC Musanze, IPRC Ngoma na (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top

Generic placeholder image

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru