Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abacuruzi bo mu karere ka Musanze bari mu rungabangabo bibaza impamvu isoko ry’ibiribwa rizwi ku izina rya Kariyeri, ryari ryatangiye kubakwa mu buryo bwa kijyambere rituzura.
Imirimo yo kubaka iri soko yahagaze igeze kuri 20% nyuma yaho uwahawe iryo soko ahagaritse imirimo ntihatangwe ibisobanuro.
Abahoze baricururizamo ibiribwa, basaga 1200 kuri ubu bajyanywe kuba bifashishije gare ya Musanze.
Bavuga ko nta bwinyagamburiro bafite kubera ko (…)
Inkongi y’umuriro yibasiwe igice kimwe cya gare ya Musanze, bigakekwa ko yatewe na gaz itekeshwa muri resitora.
Iyi nkongi yabaye kuri uyu wa mbere ahagana saa 8h00’ za mu gitondo, aho igorofa ryo muri gare ya Musanze ryibasiwe n’inkongi mu gihe hagitegerejwe kumenya icyayiteye.
Iyi nyubako yahiye niyo ikoreramo ama-office y’Ubuyobozi bwa Gare ya Musanze nandi makompanyi atandukanye, kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ishami rya police y’u Rwanda rishinzwe gukumira inkongi y’umuriro ryari (…)
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Base mu karere ka Rulindo bari kuririra mu myotsi nyuma yaho ibagiro rimwe ryari rwemerewe kubaga ryo mu murenge wa Base rifunze imiryango mu gihe ubuyobozi bubashishikariza kujya bajya kuzigurira mu kandi karere, kubera ko iri ryubatswe mu gishanga.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo bavuga ko bakomeje kugorwa no kubona inyama kubera ko bakora urugendo bagiye kuzishakisha ku ibagiro rya Gakenke.
Umwe mu bazirangura nabo (…)
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bugarijwe n’inda zo mu myenda, izi zikomoka ku mwanda.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Ruhango aho bavuga ko inda zibarembeje ndetse ngo zibabuza amahwemo.
Umwe muri aba baturage yagize ati: "Inda ziraturembeje, iyo ikuriye ugira gutya ukayimena, zaratumaze zitumaramo n’amaraso ariko biterwa n’ubundi n’aho turara; ntabwo waba urara hasi (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde yongeye gusaba abaturage kwirinda kwishora muri Banki Lamberi, nyuma yo kubina ko ariyo ntandaro y’amakimbirane mu miryango ndetse ngo zimwe zatangiye gusembera.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro Intara y’Amajyaruguru yagiranye n’abanyamakuru aho yasabye ko abishora mu matsinda y’urunguze (gufata amadeni) bakwiye kubireka ahubwo bagakorana n’ibigo by’imari bizwi.
Guverineri w’Intara (…)
Mu murenge wa Mururu mu akarere ka Rusizi haravugwa urupfu rw’uumukobwa wapfuye bigakekwa ko yiyahuye nyuma yo kumenya ko atwite kandi inda yatewe n’umugabo ufite urundi rugo.
Amakuru ikinyamakuru mamaurwagasabo cyamenye ni uko uyu mukobwa yari atwitwe, gusa ubuyobozi bw’uyu murenge bwo butangaza ko butahita buhamya niba koko yari atwite,
Gitifu w’uyu murenge yagize ati: "Nta gihamya ko atwite".
Hari andi makuru avuga ko uyu nyakwigendera witwaga Kwubwimana Helene wi’imyaka 20 yari (…)
Abanyeshuri biga ku Rwunge rw’amashuri rwa Rugaragara mu karere ka Rutsiro, mu murenge wa Mushonnyi, baravuga ko basigaye inyuma mu masomo y’ikoranabuhanga ngo bitewe nuko nta muriro w’amashanyarazi ikigo cyabo gifite
Aba banyeshuri babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga kuri iri shuri riherereye mu kagari ka Rurara, bavuga ko biteye isoni kirangiza amshuli yisumbuye (High school S6) batazi gufungura mudasobwa.
Umwe muri aba banyeshuri yagize ati: "Birababaje kubona (…)
Guverinoma y’u Rwanda ikomeje guhangana n’ikibazo cy’abana bava mu ishuri ariko hari n’abatabasha kurikandagiramo by’umwihariko abafite ubumuga nk’uko Ibarura Rusange ryakozwe mu 2022 ryabigaragaje ko bangana na 35%.
Hashingiwe ku byavuye muri iryo barura, byerekana ko abantu bafite ubumuga mu Rwanda bagera ku 391.775 ku baturage bose bangana na miliyoni 13 zisaga, ni ukuvuga ko ari 3,4%. Abagore ni 216.826 mu gihe abagabo bagera kuri 174.949.
Intara y’Iburasirazuba ni yo ifite umubare (…)
Bamwe mu babyeyi barerera kuri GS Kageyo mu karere ka Gakenke bafite impungenge ko ibyumba by’amashuri byubatse mu murenge wa Kivuruga bishaje bikaba bizabagwira ku bana mu gihe ntagikozwe.
Bamwe mu banyeshuri n’abarezi baganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bavuze ko bahora bafite impungenge ko bizabagwaho kuko byubatswe mu mwaka wa 1980.
Nyirandikubwimana ni umubyeyi yagize ati:"Turahangayitse rwose bizabagwaho, ubu se wakwiga ute wigira mu mashuri ashamed kuriya , byibuze (…)
Yanditswe na MUTUNGIREHE Samuel
Minisiteri y’Ubuzima ishishikajwe no kuzamura ubukangurambaga ku babyeyi bonsa, bwo kwibuka ko umwana akwiye guhabwa ibere ryonyine mu mezi atandatu ya mbere y’ubuzima bw’umwana nta kindi amuvangiye.
Ni ubukangurambaga bujyana kandi no gusaba abakoresha kwibuka gushyiraho icyumba cyabugenewe ku kazi aho umubyeyi ashobora gufatira umwanya muto mu w’akazi akora akonsa umwana, kugira ngo umwana atabuzwa uburenganzira n’akazi umubyeyi we akora.
Ku ruhande (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.


















