Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Abashoramari mu nganda zitunganya urwagwa rukozwe mu bitoki nyarwanda bakorera hirya no hino mu gihugu barahiye barirenga ko nibadakurirwaho umusoro uzwi nka Excise Duty, (Umusoro ku byaguzwe) biza kugira ingaruka zo gutakaza akazi ku banyarwanda benshi bakoreshaga nabo bakabura umurimo.
Urugero rw’umwe muri bo ni umushoramari wari ufitiye abaturage akamaro wo mu karere ka Musanze no mu ntara y’Amajyaruguru muri rusange witwa Tuyishimire Placide bakunze kwita "Trump" ufite uruganda rwa (…)
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Rulindo, umurenge wa Base baravuga ko abana babo bakomeje kudindira batize kuko bajya kubandikisha ku ishuri rya Kiruri bakabura imyanya.
Aba babyeyi ni abafite abana bato bagakwiye kuba batangiye amasomo mu ishuri ry’incuke ariko ubu ngo bari mu ngo kubera kubura ishuri.
Bavuga ko iyo babajyanye kuri iryo shuri basanga naho bataha ubucukike bw’abanyeshuri.
Umwe muri aba babyeyi yagize ati: "Nagiye kwandikisha umwana kugira ngo atangire kwiga mu ncuke (…)
Abakoresha umuhanda mpuzamahanga wa Gahunga-Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batewe ipfunywe nuko umuhanda wabo wamaze kuba igisoro bakaba bifuza ko wakomeza ugakorwa.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu karere ka Burera abaturage binubira uburyo iki gikorwa remezo gikoreshwa cyane cyangiritse bene aka kageni kikarenzwa ingoyi.
Umwe muri aba baturage witwa Twizerimana Eric yavuze ko ubwo umukuru w’Igihugu aherutse kujta i Nkumba muri Burera mu kigo (…)
Nyuma y’inkuru twabagejejeho mu bihe bishize y’umubyeyi Ntabanganyimana Beatrice n’abana be bane n’umugabo bari bamaze imyaka 20 baba mu nzu ikoze mu bice by’imifuka, ubu barashimira Perezida Kagame washyizeho ubuyobozi bwiza bwabafashije kubona icumbi ryabo ryiza.
Ni umuryango wahoze utuye mu murenge wa Kabatwa, Akagari ka Gihorwe ukaba warahoze ubarizwa mu cyiciro cya Mbere cy’ubudehe. Uvuga ko wari umaze imyaka irenga 20 urara mu mifuka bari baragiye bomeka mu kumba bari baratijwe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umuryango Stand for people Sustainable Development urashishikariza abaturarwanda bose kudatererana abantu bafite ubumuga by’umwihariko abana.
Ibi byagarutsweho ubwo hakorwaga ubukangurambaga ku burenganzira bw’abafite ubumuga ku kigo cy’amashuri ya Shwemu aho basobanuriye abanyeshuri ko umuntu ufite ubumuga adakwiye guhezwa muri sosiyete.
Hagumimana Emmanuel uhagarariye uyu muryango wa (SPSD) avuga ko bateguye iyi gahunda y’ubukangurambaga mu rwego (…)
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu guhangana n’indwara y’imbasa iheruka mu Rwanda mu mwaka w’1993.
Ibi byatangarijwe mu karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2023 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya imbasa, mu nsanganyamatsiko igira iti "kurandura imbasa ni inshingano zanjye."
Abaturage basabwe gukomeza kuba maso ngo kubera ko iyi ndwara yandura cyane biturutse ku mwanda aho bakwiye kugira isuku mu byo bakora (…)
Urwego RIB, rwataye muri yombi CG (Rtd) Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.
Amakuru yatangajwe na RIB mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, avuga ko Gasana yatawe muri yombi nyuma y’uko akuwe ku mwanya we n’Umukuru w’Igihugu.
RIB yavuze ko “Iperereza rirakomeje, andi makuru tuzagenda tuyabatangariza bishingiye ku byo rizagenda rigaragaza.”
Cg (rtd) Gasana yagizwe Guverineri w’Intara (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abarema n’abakorera mu gasoko gaciriritse ka Mukamira baravuga ko ikimoteri cyubatse rwagati mu isoko kibateje inkeke bitewe n’umunuko ukabije kibateza.
Aba bacuruzi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri aka gasoko aho bifuza ko ubuyobozi bwareba uburyo bacyimura kikava mu isoko cyangwa se bakajya baza gukuramo imyanda hakiri kare.
Umwe muri aba baturage yagize ati: "Reba nkatwe dukorera hano hafi amasazi avuye mu kimoteri (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bahoze ari abasirikare bamugariye ku rugamba batishoboye barashimira Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yabubakiye inzu nyuma y’igihe batagira aho gukinga umusaya.
Babitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Ukwakira 2023 ubwo bashyikirizwaga inzu bubakiwe na Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikari (RDRC), ku rwego rw’igihugu umuhango ukaba wabereye mu karere ka Nyabihu.
Abahawe izi nzu ni imiryango (…)
Abatuye mu Murenge wa Mukamira mu karere ma Nyabihu baravuga ko batewe impungenge n’amazi y’imvura aturuka ku musozi wa Kanyampereri abasanga mu rugo andi agasendera imirima yabo.
Barasaba ubuyibozi ko kuri uyu musozi hakorwa amaterasi y’indinganire mu rwego rwo gukumira aya mazi.
Umwe muri aba baturage witwa Kamanzi Evariste yagize ati: " Ikibazo cy’aya mazi ikibitera ni amasuri amanuka ku musozi wa Kanyampereri, kugira ngo gishoboke nuko uriya musozi bawucamo imirwanyasuri bagashaka (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.



















