Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

RIB yasanze garama 298 z’urumogi muri Fatakumavuta

Tuesday 22 October 2024
    Yasomwe na

Urwego rw’Igihugu rw’Ubygenzacyaha RIB rwatangaje ko kuva rwata muri yombi Sengabo Jean Bosco, AKA Fatakumavuta, rwamupimye rusanga mu maraso ye harimo urumogi ku magarama 298.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB Dr Murangira B. Thierry yagiranye na RBA ku mikoreshereze y’imbuga nkoranyambagaya.

Dr. Murangira yihanangirizaga abazikoresha nabi anatangaza ko zagiye zikorerwaho ibyaha bitandukanye harimo no kuba abantu bazikoresha nk’intwaro yo kwihimura kuri bagenzi babo.

Agaruka ku kibazo cya Sengabo Jean Bosco (Fatakumavuta) Umuvugizi wa RIB yanatangaje ko basanze Fatakumata akoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi ku kigero cyo hejuru.

Yagize ati: “Tumaze kubona urugero rumwe rwa Fatakumavuta, twaje no kumupima ibiyobyabwenge dusanga akoresha urumogi, aho ibisubizo by’Ikigo cy’u Rwanda cy’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFI) bigaragaza ko afite ikigero cya 298ng.”

Dr Murangira kandi yanavuze ko kuba umuntu yakwicara akikomanga ku gatuza akavuga ko atazigera yitaba Urwego ko ubwabyo amategeko agena ko ari kimwe mu bigize icyaha rero ko Sengabo Jean Bosco (Fatakumavuta) atari kwihanganirwa.

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwongeye kwibutsa uwo ariwe wese uzakomeza kwitwikira umutaka wo gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, akibasira abandi agakoresha imvugo zamacakubiri uwo ariwe wese ko atazihanganirwa.

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwongeye kwibutsa uwo ariwe wese uzakomeza kwitwikira umutaka wo gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, akibasira abandi agakoresha imvugo zamacakubiri uwo ariwe wese ko atazihanganirwa.

RIB igaragaza ko mu myaka ibiri ishize, hagati ya 2022/23-2023/24, imibare y’ibyaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga yagiye izamuka.

Ivuga ko icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ariko hakoreshejwe imbuga nkoranyambaga cyazamutseho 79, 2%; Mu gihe ibindi byaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga birimo icyaha cyo kwiyitirira umwirondoro w’undi aho mu 2022/23, hakurikiranywe dosiye 42, ariko bigeze mu 2023/24, ziba dosiye 25.

Icyaha cyo kubuza amahwemo hakurikiranywe dosiye 20 mu 2022/23 ariko mu mwaka ushize zari dosiye 34, mu gihe Ku cyaha cyo gutangaza ibihuha dosiye zavuye kuri 20 zigera kuri 24, naho icyo gukangisha gusebanya hakoreshejwe amashusho zavuye kuri dosiye 10 zigera kuri 14.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru