Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Red-Tabara yashinje u Burundi kwitera ikabitwaza

Monday 13 May 2024
    Yasomwe na

Nyuma yuko mu Murwa Mukuru wa Bujumbura mu Burundi haturikiye gerenade igahitana ubuzima bw’abagera kuri 30, Leta yahise ishinja iki gitero Umutwe wa Red Tabara bahora bahanganye inavuga ko wabikoze mu kuboko kw’u Rwanda.

Umutwe wa Red Tabara nawo ukimara kubona ko igitero kiwitiriwe, wahise ubitera utwatsi, nawo ubyegeka kuri leta y’u Burundi.

Ni ibitero bya gerenade byagabwe kuwa Gatanu tariki 10 Gicurasi, ubutegetsi bw’u Burundi buhita butangaza ko ari Red-Tabara ibiri inyuma.

Itangazo umutwe wa RED-Tabara wasohoye rigaragaza ko Minisiteri y’Umutekano mu Burundi yabegetseho ibi bitero nyamara ari ibinyoma.

Rigira riti “Kwihutisha kwegeka ibitero bigabwa mu Burundi ku mpande zitandukanye nta perereza ricukumbuye ryari ryakorwa, bitera kwibaza uruhare rwa Leta muri ibyo bitero.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’uruhande rwa politike rwa Red-Tabara, Patrick Nahimana rikomeza rivuga ko “Red-Tabara ihakanye yivuye inyuma ibyo kugira uruhare muri ibyo bitero. Nta munsi n’umwe uyu mutwe uzigera ubangamira inzirakarengane z’abasivile".

Umuvugizi w’uyu mutwe yakomeje agira ati “U Butegetsi bw’u Burundi bwari bukwiye kwita ku bibazo bikomeye bihangayikishije u Burundi, aho kwigira nyoni nyinshi mu kuyobya abantu buvuga ko buri mu iperereza ry’ibyaha bwakoze. Red-Tabara yihanganishije imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibyo bitero.”

Uyu mutwe ubitangaje mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi batangaje ko ibitero byagabwe ku wa Gatanu ari ikinamico yateguwe n’ubutegetsi igamije kurangaza amahanga n’abaturage ku bibazo bimaze igihe byugarije u Burundi birimo ibura ry’ibikomoka kuri peteroli rigeze ku rwego rutigeze rubaho mu Burundi

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru