Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Paris-Michael Katherine Jackson umukobwa wa Michael Jackson yatangaje ko ababajwe n’ibyo se akomeje gukorerwa. Yemeza ko urupfu rwa se ari akagambane ndetse bakomeje kumuremera ibyaha
Paris Jackson umukobwa wa nyakwigendera Michael Jackson
Uyu mukobwa uheruka gutangaza ko yafashwe ku ngufu afite imyaka 14 y’amavuko bikamuviramo ihahamuka,yaherukaga gutangaza ko se Michaël Jackson urupfu rwe rushobora kuba rwarapanzwe, ahamya ko yishwe atari uburwayi.
Yarushijeho gushengurwa umutima ku bw’intero n’inyikirizo biturutse kuri filime mbarankuru yakozwe na HBO, ivuga uko se Michael Jackson yasambanyije abana b’abahungu.
Iyi filime yiswe Leaving Neverland ishingiye ku nkuru y’abagabo babiri aribo Wade Robson na James Safechuck bemeza ko Michael Jackson yabasambanyije bakiri abana.
Uyu mukobwa yifashishije urukuta rwe rwa Twitter avuga ko ababajwe n’ibikorwa se akorerwa gusa ngo yizera ko nyuma yo gupfa yaruhukiye mu mahoro ibimuvugwaho ku isi atabyumva.Ati”Njye sindagira icyo mvuga kubyaha data ashinjwa gusa bigamije kudushyira mu gihombo.”
Aba bagabo uko ari 3 bashinja nyakwigenda kubasambanya bakiri abana
Abavandimwe ba Micheal Jackson barimo uwitwa Tito, Marlon, Jackie n’umwishywa we Taj bamaganye ibyo mwenewabo ashinjwa n’ubwo batarareba iyi filime. Radio BBC yo yafashe umwanzuro wo guhagarika gucuranga indirimbo za Micheal Jackson.






















