Mu mugambi wo gushaka gupfukamisha no kubuza uburenganzira n’ubusugire igihugu gituranyi cya Ukraine, Ingabo z’Uburusiya zinjiye mu mujyi wa Kharkiv, ukaba uwa kabiri munini mu gihugu nyuma y’Umurwa Mukuru Kiev.
Ni intambara ikomeye Uburusiya bwashoje kuri Ukraine nyuma yuko ishatse kujya mu Muryango w’Ubutabazi wa OTAN, bwanga ko ingabo zawo zagira ibirindiro hafi n’Uburusiya.
Kuri uyu wa Gatandatu, Umuyobozi w’umujyi wa Kharkiv, Oleg Sinegubov, yemeje ko ubu harimo kubera imirwano ikomeye.
Yasabye abaturage kuguma mu nzu zabo, kubera ko ingabo z’u Burusiya zageze mu mujyi rwagati.
Yabwiye AFP ati “Ntimuve mu bwihisho bwanyu! Ingabo za Ukraine zirimo gukuraho umwanzi. Abasivili barasabwa kwirinda kujya mu mihanda.”
Ibiro bya Perezida Volodymyr Zelenskyy byatangaje ko muri uyu mujyi ingabo z’u Burusiya zaturikije impombo nini itwara gaz, ku buryo hari ubwoba ko bishobora guteza imyotsi yahungabanya byinshi ku bidukikije bidasize n’ikiremwamuntu.



















