Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Uburusiya bugeze mu mujyi wa Kharkiv, umujyi wa kabiri mu gihugu

Sunday 27 February 2022
    Yasomwe na

Mu mugambi wo gushaka gupfukamisha no kubuza uburenganzira n’ubusugire igihugu gituranyi cya Ukraine, Ingabo z’Uburusiya zinjiye mu mujyi wa Kharkiv, ukaba uwa kabiri munini mu gihugu nyuma y’Umurwa Mukuru Kiev.

Ni intambara ikomeye Uburusiya bwashoje kuri Ukraine nyuma yuko ishatse kujya mu Muryango w’Ubutabazi wa OTAN, bwanga ko ingabo zawo zagira ibirindiro hafi n’Uburusiya.

Kuri uyu wa Gatandatu, Umuyobozi w’umujyi wa Kharkiv, Oleg Sinegubov, yemeje ko ubu harimo kubera imirwano ikomeye.

Yasabye abaturage kuguma mu nzu zabo, kubera ko ingabo z’u Burusiya zageze mu mujyi rwagati.

Yabwiye AFP ati “Ntimuve mu bwihisho bwanyu! Ingabo za Ukraine zirimo gukuraho umwanzi. Abasivili barasabwa kwirinda kujya mu mihanda.”

Ibiro bya Perezida Volodymyr Zelenskyy byatangaje ko muri uyu mujyi ingabo z’u Burusiya zaturikije impombo nini itwara gaz, ku buryo hari ubwoba ko bishobora guteza imyotsi yahungabanya byinshi ku bidukikije bidasize n’ikiremwamuntu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru