Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ukraine: Ba Bongereza bafunzwe n’inyeshyamba zishyigikiwe na Russia bireguye

Tuesday 16 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abagabo batanu, barimo n’Abongereza batatu, bahakanye bavuga ko atari abacanshuro barwanaga hamwe n’ingabo za Ukraine barwanya Uburusiya.

Babivugiye mu rukiko rubogamiye ku Burusiya. John Harding, Dylan Healy na Andrew Hill bagaragaye mu rukiko rwo mu cyiyise Repubulika ya Rubanda ya Donetsk.

Harding, hamwe n’Umunya-Suède Mathias Gustafsson n’Umunya-Croatia Vjekoslav Prebeg, bashobora guhanishwa igihano cy’urupfu, nkuko ibitangazamakuru byo mu Burusiya bibivuga.

Abo bagabo batanu bagaragaye mu rukiko ku wa mbere muri ako karere kikuye kuri Ukraine, bahagezwa baboheshejwe amapingu ndetse bapfutswe imifuka y’umukara mu mitwe yabo.

Ibiro ntaramakuru TASS bya leta y’Uburusiya byatangaje ko abo bagabo batatu bashobora guhanishwa igihano cy’urupfu; bose bafatiwe mu mujyi wa Mariupol no hafi yawo.

Uwo mujyi uri ku cyambu wo muri Ukraine, wafashwe n’Uburusiya mu kwezi kwa gatanu, nyuma yo kumara amezi ugabwaho ibitero n’Uburusiya. Baregwa kugerageza "gufata ubutegetsi ku ngufu" no "kugira uruhare mu ntambara nk’abacanshuro".

Umucamanza yavuze ko imanza z’aba bose uko ari batanu zizakomeza mu ntangiriro y’ukwezi kwa cumi, nkuko bivugwa n’ibitangazamakuru byo mu Burusiya.

Imiryango n’inshuti z’aba Bongereza bavuga ko atari abacanshuro, ndetse basabye ko bafatwa nk’imfungwa zo mu ntambara nkuko biteganywa n’amasezerano ya Genève.

Ayo masezerano mpuzamahanga arengera abantu batagira uruhare mu mirwano, nk’abakozi batanga imfashanyo, ndetse n’abatagishoboye kurwana, nk’imfungwa zo mu ntambara, akabarinda "ibikorwa by’urugomo cyangwa guterwa ubwoba".

John Harding, wahoze mu ngabo z’Ubwongereza, ukomoka i Sunderland mu Majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’Ubwongereza, yarwanaga hamwe n’ingabo za Ukraine kuva yakwerekeza muri icyo gihugu mu mwaka wa 2018.

Mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, yagaragaye muri videwo asaba Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Boris Johnson kumufasha.

Hill yarwanaga mu mutwe wo mu ngabo za Ukraine uhuriyemo abanyamahanga.

Healy, w’i Huntingdon mu karere ka Cambridgeshire mu Burasirazuba bw’Ubwongereza, yakoreraga muri Ukraine nk’umukozi utanga imfashanyo wo mu muryango udaharanira inyungu wa Presidium Network, wo mu Bwongereza.

Dominik Byrne, wo muri uyu muryango utanga imfashanyo, yasabye ko abo bagabo bafatwa mu buryo bwa kimuntu.

Healy yafatiwe kuri bariyeri mu kwezi kwa kane, hamwe n’Undi Mwongereza, Paul Urey, uyu we yapfuye mu kwezi kwa karindwi afunzwe n’abaharanira ubwigenge bashyigikiwe n’Uburusiya.

Leta z’ibihugu by’amahanga zamaganye izo manza zivuga ko binyuranyije n’amategeko, zinavuga ko zitazagirana ibiganiro n’iyiyise Repubulika ya Rubanda ya Donetsk.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Croatia yavuze ko "ihinyuye ikirego kandi itagifata nk’igifite ishingiro n’igikurikije amategeko".

Mbere, minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubwongereza yamaganye ikoreshwa ry’imfungwa z’abasivile ku nyungu za politiki.

Mu kwezi kwa gatandatu, uru rukiko rwakatiye igihano cy’urupfu Abongereza Shaun Pinner na Aiden Aslin. Aba bombi bafashwe barimo kurwanira Ukraine, bashinjwa kuba abacanshuro.

Imiryango yabo yashimangiye ko aba bari bamaze igihe bari mu gisirikare cya Ukraine kandi ko atari abacanshuro.

Ubwongereza na Ukraine byamaganye icyo gihano bakatiwe, bivuga ko gihonyora amategeko mpuzamahanga arengera imfungwa zo mu ntambara.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru