Yanditswe na Nimugire Fidelia
Wa mukobwa wagaragaye mu gitaramo yambaye imyenda itamenyerewe hano mu Rwanda, ubu yitabye urukuko nyuma yaho Umuvugizi wa Polisi CP John Kabera abivuzeho.
Ibi byagaragaye mu ijoro ryo ku wa 30 Kanama mu gitaramo cya Tacy, uyu mukobwa akaba yagejejwe imbere y’ururkiko mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Kanama 2022.
Uyu mukobwa wavutse 1998, atuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kacyiru, ubushinjacyaha buramushinja icyaha cyo gukorera ibiteye isoni mu ruhame. Uyu mukobwa we yari asanzwe acururiza ku Kisimenti inzoga, yagaragaye yambaye imyenda igaragaza imyanya ye y’ibanga, imyenda polisi yise akayunguruzo.
Nyuma y’igitaramo, ifoto ye yagiye isakara ku mbuga nkoranyambaga cyane. Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rukimara kubona iyo foto rwatangiye gukora iperereza kuri uyu mukobwa, rwamutumijeho maze nawe abemerera ko iyo foto ari iye.
Nyuma yo kugezwa mu rukiko kumva dosiye ye, umushinjacyaha yasabye ko yafungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rikomeje.
Nyuma y’ubu busabe urubanza rwe rwashyizwe mu muhezo kuko ariko byasabwe n’umunyamategeko nk’uko bwiza dukesha iyi nkuru ibivuga.






















