Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Urushyi Will Smith yakubise Chris Rock rwabaye igitaramo

Monday 28 March 2022
    Yasomwe na

Umukinnyi wa Film w’icyamamare ku isi, Will Smith yakubise urushyi mugenzi we Chris Rock mu birori, rurumira, [wa mugani w’Abanyarwanda].

Ni urushyi Will Smith yamukubise mu birori amwihaniza ngo amukurire umugore mu kanwa ke.

Hari mu birori bikomeye bitangirwamo ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza muri Sinema ya Hollywood, umunyarwenya ukomeye ku isi, Chris Rock wari uyoboye ibiganiro, yagarutse ku mugore wa Will Smith, Jada Pinkett Smith avuga ku musatsi we uteye mu buryo budasanzwe kubera uburwayi.

Ababonye agace k’amashusho yasakajwe hanze ku mbuga nkoranyambaga, Chris Rock yasaga nukera mugenzi we amusuhuza ukuntu, amubwira ko amukunda n’umugore. undi nawe yahagurutse nk’ugiye kumushimira ko amukunze, atungura abantu, yiva mu mitana yibwira abatanazi , amukubita urushyi rufite imbaraga nyinshi Chris Rock asa n’uguye mu kantu ariko umugani w’Abanyarwanda ashinjagira ashira akomeza guseka ati "Wow!"

Will Smith asubiye mu byicaro yamusabye kumushyira hasi, akavana izina ry’umugore we mu kanwa ke.

Chris Rock nawe nk’uwari umaze kuhasebera yamwijeje ko agiye kubikora uko,ati "Ngiye kubokora, sibyo?"

Mu gushaka uko yivana mu kimwaro, Chris yabwiye abantu ko iryo joro ribaye iry’agahebuze kuri we mu mateka ye.

Uru ni urushyi rwagereranyijwe n’umutwe Zidane w’Ubufaransa yakubise umukinnyi mugenzi we akana na myugariro w’Ubutaliyani, Marco Materazzi mu gikombe cy’Isi, 2006 ku mukino wa nyuma.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru