Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Coronavirus: Trump yahaye OMS igihe ntarengwa cyo gukora impinduka cyangwa USA igahagarika inkunga yose yayigeneraga

Wednesday 20 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Perezida Donald Trump yandikiye ibaruwa ukuriye ishami rya ONU rishinzwe ubuzima ku isi OMS/WHO amumenyesha ko Amerika ishobora guhagarika burundu inkunga yayo kubera Covid-19.

Iyi baruwa iraha OMS igihe ntarengwa cy’iminsi 30 ngo yiyemeze “impinduka ziboneka” cyangwa se ibure byombi miliyoni z’amadorari n’ubunyamuryango bwa leta ya Amerika.

kuwa mbere taliki ya 18 gicurasi 2020 , mbere y’iyi baruwa Bwana Trump yari yise iri shami rya ONU “igikinisho cy’Ubushinwa”.

Trump anenga imikorere ya OMS mu kurwanya coronavirus, ashinja Ubushinwa kuberashya imibare n’amakuru kuri iki cyorezo na OMS ikicecekera.

kuwa mbere taliki ya 18 gicurasi 2020, nyuma y’igitutu, Dr Tedros Ghebreyesus ukuriye OMS yashimye raporo yerekana uburyo OMS yahanganye n’iki cyorezo.

Bwana Trump nawe anengwa kudafata ingamba zikwiriye mu kurinda Amerika hakiri kare, ubu Covid-19 yanduye abarenga miliyoni 1,5 inica abarenga 90,000 muri Amerika.

Iyo baruwa ivuga iki?

Bwana Trump yatangaje iyo baruwa kuri Twitter mu ijoro ryo kuwa mbere, nyuma y’umunsi waranzwe n’abategetsi ba Amerika banenze cyane OMS.

kuwa mbere taliki ya 18 gicurasi 2020 mu nama ya ONU yiga ku buzima ku isi, Alex Azar umunyamabanga wa leta ya Amerika ushinzwe ubuzima, yashinje OMS kureka Covid-19 “ikarenga igaruriro” igahitana “ubuzima bwa benshi”.

Mu ibaruwa Trump yandikiye Dr Tedros, arashinja OMS “kubura ubwigenge bikabije” imbere y’Ubushinwa.

Bwana Trump ashinja iri shami kuba “ryarirengagije kenshi” icyo yita “amakuru yizewe” ko iyi virus yatangiye gukwira i Wuhan mu ntangiriro z’ukwa 12 cyangwa na mbere yaho.

Ibindi Trump avuga mu ibaruwa ye:

Ko OMS yatinze gutangaza ibihe bidasanzwe kubera igitutu cya Perezida Xi Jinping
Anenga OMS gushimagiza Ubushinwa “gukorera mu mucyo” nyamara ngo hari amakuru yo guhisha no kudakorana n’amahanga.

Ashinja OMS kutagira icyo ivuga ku ivanguramoko rishingiye kuri iyi virus ryavuzwe mu Bushinwa.

Ko Dr Tedros yari kuba yarakijije “ubuzima bwa benshi” iyo aza gukora nka Dr Harlem Brundtland, wari ukuriye OMS ku gihe cy’icyorezo Sars.

anzura, Bwana Trump yavuze ko “amakosa menshi” ya Dr Tedros na OMS “yateje akaga gakomeye isi”.

Yanditse ati: “Inzira imwe isigaye kuri OMS ni iyo kwerekana ubwigenge bwayo imbere y’Ubushinwa.

Bwana Trump yasabye OMS ngo yiyemeze “impinduka ziboneka” mu minsi 30.

Avuga ko ibyo nibitaba icyemezo cy’agateganyo gihagarika inkunga ya Amerika kuri OMS azakigira burundu kandi anisubireho ku bunyamuryango bwa Amerika muri OMS.

Amerika niyo muterankunga mukuru wa OMS, yatanze hafi 15% by’ingengo y’imari y’iri shami rya ONU mu mwaka w’imari ushize.

Mu nama ya ONU yiga ku buzima ku isi ihuriyemo ibihugu 194, ejo Ubufaransa n’Ubushinwa byemeje kuziba icyuho cy’inkunga Amerika yahagarikiye OMS.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru