Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Eritrea yagabye igitero kinini muri Tigray

Wednesday 21 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Abasirikare ba Eritrea batangije igitero kinini mu ntara ya Tigray yigumuye kuri Guverinoma ya Ethiopia.

Ni igitero cyatangajwe n’umuvugizi w’inyeshyamba z’ishyaka rya Tigray, wa TPLF.

Intumwa y’Amerika yavuze ko Amerika ibizi ko abasirikare ba Eritrea bambutse umupaka berekeza muri Tigray, ndetse yabyamaganye.

Nubwo bimeze bityo leta zombi ntacyo zirabivugaho. Gusa intambara iramutse hagati ya Eritrea na TPLF, byaba bikomeye cyane nyuma y’uko umutekano wari umaze amezi 5 wongeye kugabanuka.

Intambara yatangiye mu Gushyingo 2020, nyuma yo gushwana gukomeye hagati ya Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed n’umutwe wa Tigray People’s Liberation Front (TPLF), ugenzura ako karere.

Eritrea yinjiye muri iyo ntambara ku ruhande rw’igisirikare cya Ethiopia, ariko amakuru avuga ko mu mwaka ushize yacyuye benshi mu basirikare bayo.

Ku wa kabiri, umuvugizi wa TPLF Getachew Reda yavuze ko imirwano ikaze yari irimo kubera mu duce twinshi two ku mupaka wa Tigray na Eritrea.

Mu butumwa bwo kuri Twitter, yagize ati: “Eritrea irimo kohereza igisirikare cyayo cyose hamwe n’inkeragutabara. Abasirikare bacu barimo kurwana gitwari ku birindiro byabo.”

Yongeyeho ko abasirikare ba Ethiopia na bo barimo kurwana muri icyo gitero.

Mike Hammer, intumwa yihariye y’Amerika mu karere k’ihembe ry’Afurika, yavuze ko Amerika yakomeje kugenzura ingendo z’abasirikare ba Eritrea bambuka umupaka.

Yagize ati: "Barahangayikishije cyane kandi turabyamaganye. Kuba abasirikare ba Eritrea bari muri Ethiopia nta kindi bikora kitari ugutuma ibintu birushaho kugorana, no kwenyegeza umuriro mu bintu bisanzwe n’ubundi bibabaje cyane".

Muri iyi ntambara, abantu babarirwa mu bihumbi barishwe naho abandi babarirwa muri za miliyoni bata ingo zabo.

Kugera muri Tigray biragoye cyane kandi biranagoye kwemeza amakuru ku mirwano mu buryo bwigenga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru