Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’Ubuzima Mr. Jean Marie Vianney Ndayizigiye yagaragaje ko intego ya Leta y’u Rwanda yo kwimakaza umuco w’isuku ku baturage izagerwaho bihereye mu bakiri bato.
Muri gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere icyiciro cya kabiri NST2 u Rwanda ruteganya ko izarangira rugeze ku nteko 100% mu bikorwa byo kwimakaza isuku n’isukura ariko ngo ntibyagerwaho bidahereye mu bakiri bato nkuko Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubuzima Jean Marie Vianney Ndayizigiye yagaragaje mu karere ka Huye mu bikorwa by’ubukangurambaga bw’isuku mu mashuri bwiswe Fresheri ku ishuri.
Yagize ati“Imwe mu ngamba twafashe ni uguhera ku rubyiruko rero iyo wigishije umwana biba byoroshye no kugera ku bandi bose ndetse no ku babyeyi”.
Yongeyeho ko bifuza ko isuku iba umuco kuri bose atari ku banyeshuri gusa ahubwo n’abaturage muri rusange.
Umuyobozi w’ikigo cya GS Cyarwa Akayezu Donatha ari naho habereye ibi bikorwa mu Ntara y’Amajyepfo mu karere ka Huye yavuze ko iki gikorwa gisigiye ubutumwa abarezi, abana ndetse n’ababyeyi babo yo gukomeza gushyira imbaraga mu kwimakaza isuku n’isukura.
Yagize ati“abana bacu babonye ubutumwa buzabafasha kugira isuku ndetse mwabonye ko hari n’ababyeyi babo nonoho ubwo ababyeyi babyumvise bazadufasha abana kubishyira mu bikorwa.
Niyonkuru Jean Moise ni Umunyeshuri wa GS Cyarwa hamwe na bagenzi be bavuze ko gahunda ya fresheri ku ishuri igiye gutuma bakomeza kongera umuco w’isuku ku ishuri no murugo.
Yagize ati"gahunda ya fresheri ku Ishuri hari akamaro izatugirira haba mu buzima bwa hano ku ishuri ndetse no mu rugo bityo nkatwe nk’abanyeshuri twiyigiyemo byinshi bizadufasha gukomeza kuyinoza ndetse no gushishikariza bagenzi bacu ku gira umuco w’isuku.
Intego nyamukuru z’isuku n’isukura mu Rwanda ni uguteza imbere ubuzima bwiza, kugabanya indwara ziterwa n’umwanda no kuzamura kuzamura imibereho myiza y’abaturage.






















