Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

KUKI TARIKI YA 1 GASHYANTARE ARIYO YATORANIJWE MU KWIZIHIZA UMUNSI W’INTWARI MU RWANDA?

Thursday 31 January 2019
    Yasomwe na

Ukwezi kwa Gashyantare ni ukwezi mu Rwanda kwakunze kurangwamo amahoro, nta ntambara, inzara, ibyorezo n’ibindi bisa nkabyo. Kuva kera na kare Abanyarwanda bagufataga nk’ukwezi k’umugisha n’amahoro.

Ni muri urwo rwego, mu Rwanda hatoranijwe tariki ya mbere Gashyantare, itariki ngarukamwaka yo kwizihiza umunsi mukuru w’intwari z’u Rwanda. Ukwezi kutarangagwamo icyasha. Ibi bikaba ari mu rwego rwo guha agaciro n’icyubahiro intwari z’igihugu ari nako zizirikanywa.

Mu mateka y’u Rwanda, bigaragara ko muri uko kwezi nta kintu na kimwe kibi kigeze kibaho, haba mu gihe cy’abasekuru n’abasekuruza. Ukwezi kwa Gashyantare ni ukwezi kutigeze kubamo intambara, inzara, gusuhuka n’ibindi bisa nabyo, yewe nta n’ibyorezo byabaye muri uko kwezi.

Mu mateka y’Isi uku kwezi kwa Gashyantare ni ukwezi gufatwa nk’ukwabakundana (14 Gashyantare). Muri uku kwezi benshi mu bafite abakunzi basohokana ahantu hatandukanye bakagirana ibihe byiza.

Tugarutse ku ‘’Intwari’’ ni umuntu ukurikirana ibyo yiyemeje kugeraho bikavamo igikorwa cy’ikirenga gifitiye abandi akamaro, akabikora mu bupfura, mu kwihangana no mu bwitange buhebuje kandi akirinda ubugwari mu migirire ye, ntagamburuzwe n’ amananiza.

Intwari z’u Rwanda ziri mu byiciro bitatu: Imanzi, Imena n’Ingenzi. Yitwa intwari ‘umuntu utakiriho’, ukiri muzima ntibishoboka ko yitwa yo. Ibi biterwa ni uko haba hatinywa ko ashobora yenda kuzahemuka kumwambura iryo zina bikazagorana. Uwakoze ibyiza by’indashyikirwa niyo akiriho hategerezwa ko apfa kugirango yambikwe iryo kamba.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru