Irafasha Jean Bosco, utuye mu Karere ka Rubavu, ufite imyaka 19, agaragaza ko yahuye n’akarengane gakomeye, nyuma yo gukora impanuka aho avuga ko yagonzwe n’ikamyo atwaye igare agacika akaguru, hanyuma akaregwa gukomeretsa umubiri we atari k’ubushake, agakatirwa gufungwa.
Uyu musore ukiri muto, Irafasha Jean Bosco, utuye mu Mudugudu wa Bwiru, mu Kagari ka Murambi, mu Murenge wa Rubavu, mu Karere ka Rubavu, haba we ndetse na mama we umubyara basa nkaho bari mu makuba akomeye kuva mu kwezi kwa Gatandatu umwaka ushize, nyuma yaho akoze impanuka atwaye igare dore yari umunyonzi, agacika akaguru aho avuga ko yagonzwe n’ikamyo imuturutse inyuma we ndetse n’uwo yari atwaye ikabagongana.
Irafasha yagize ati" Uburyo yangonzemo yaturukaga inyuma yanjye, angonga anturutse inyuma, ankubita amapine y’inyuma ubwo niho kurwa hasi akandagira akaguru kari gasigaye, ubwo nyuma yaho polisi yaraje, bakora ibipimo byabo, nanjye narindi mu bitaro, ntabwo nzi ibindi byakurikiyeho, ubwo aho norohewe nibwo najyanye ikirego muri polisi".
Icyakora nyuma y’aya makuba yagize haje kwiyongeraho kuregwa n’uwo avuga ko wamugonze hanyuma imyanzuro y’urukiko kuri kino kirego, yemeza ko uyu musore yatsinzwe ndetse akatirwa igihano cy’igifungo cy’amezi ane n’ihazabu yo gucibwa Frw 10 000 ahamijwe icyaha cyo gukomeretsa umubiriri we bitari ku bushake.
Yaba we ndetse na mama we bagaragaza ko ibi babifata kandi nk’akarengane ndetse n’agashinyaguro kuri bo icyarimwe.
Uyu mubyeyi we nawe yagize ati" Njyewe nagiye kure cyane, mbyarambabaje kuko baravuze ngo bagiye kumufunga, mu minsi 15, ngo baraza kumufaka bamutware bajye kumufunga, ngo imikirize y’urubanza ubwo ngo tuzaba twayishimiye, twahise dukoresha uko dushoboye, dutanga igarama mu rukiko, ubwo turategereje ngo twumve ko bizaza bivuga ko twatsinzwe".
Yakomeje agira ati "Iyo modoka ikamugonga imuturutse inyuma, nka murwaza mu bitaro, ntihagire umuntu ungerago wenda wamugonze ngo afashe, n’igihe dutangiye ikirego bakatubwira ko ari twebwe twatsinzwe, ubwo rero nkabona ari akarengane gakomeye".
Uyu muryango ugaragaza ko kandi utishooboye. Uyu muryango unagaragaza kandi ko ufite ubushobozi buke kugira ngo unabashe no gukurikirana runo rubanza.
Irafasha yakomeje agira ati" Ubwo igihe dutegereje ko iryo perereza ryakorwa, twaje guhamagarwa n’urukiko, ubwo twageze mu rukiko dusanga dushinjwa ko ari twe twateye iyo mpanuka".
"Nkurikije ibyo numvishe bandega, njye nasanze ntabwo bakireba ku manuka yabayeho, ahubwo njye barashinja ko ngo nakomerekeje umubiri wanjye atari ku bushake, ibyo bintu njyewe uburyo mbyumvamo ni akarengane gakomeye cyane"
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, asaba uyu musore kweregera uru rwego hanyuma iki kibazo cye kigasumwa.
Yagize ati" Ntago nabivuga ngutya ngo habaye iki, hatarabaho gusesengura inyandiko, yaduha inyandiko, akaza ku biro by’akarere. Aje ku biro by’akarere twateranya abanyamategeko, sinangombwa guteranya benshi n’umwe arahagije, bagasesengura inyandiko afite, inkiko zishobora kurangiza, zigaca imanza, harimo ukuri, ariko wenda tugasigara dusuzuma ikibazo cy’ubushobozi".
Nkuko abivuga kandi nyuma yaho Irafasha akoze impanuka mu mwaka ushize yatanze ikirego kuri polisi, icyakora n’uwo avuga ko yamugonze yaje nawe kumurega.
Ariko uyu musore Irafasha akemeza ko abatangabuhamye be bamushinjura batabajijwe kuri polisi kandi ibyo bavuze bamushinjura bitagendeweho mu rukiko.
Eulade Mahirwe.




















