Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Kenya: Abanyamakuru barozwe kuri Noheri, umwe arahagwa

Wednesday 28 December 2022
    Yasomwe na

Umunyamakuru umwe amaze kwitaba Imana abandi bari mu bitaro bazira ibiryo bihumanye.

Ni abanyamakuru b’Ikigo cy’ibitangazamakuru bitandukanye, Royal Media Services (RMS), barogewe mu mafunguro bagemuriwe ku kazi.

Umuyobozi Mukuru w’icyo kigo, RMS, kibarizwamo Citizen TV, InooroTV, RamogiTV ndetse na Radio 14, yatangaje ko ku munsi wa Noheli aribwo bamwe mu bagize ubuyobozi ndetse n’Abanyamakuru barogewe mu mafunguro bazaniwe ku cyicaro gikuru cy’iki kigo.

Yagize ati: ”Mu buryo bwo gupanga imikorere mu minsi y’ibiruhuko,mu kigo twashatse sosiyete yigenga igemurira amafunguro abakoze ku munsi wa Noheli. Ku munsi wa kurikiye Noheli, nibwo bamwe mu bakozi batangiye kuvuga ko bari kuribwa mu gifu nyuma yo kurya amafunguro yagemuwe, nyuma umwe yitaba Imana."

Yongeraho ko ubu bamwe barembeye mu bitaro,ndetse bakomeje gukurikirana cyane no gufasha abagizweho ingaruka n’aya mafunguro bikwekwa ko yari ahumanije.

Inzego zishinzwe Umutekano ziri gukora iperereza kuri iki kibazo ngo zirebe nyirabayazana wacyo niba ari umugambi mubisha cyangwa ari umwanda usanzwe uboneka mu biryo bitateguranywe isuku neza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru