Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abasirikale 17 n’abasivile 4 bigaye mu gitero cy’abitwaje intwaro ku cyumweruru tariki 7 Nzeri, hafi y’umujyi wa Tessit mu gihugu cya Mali, nk’uko byatangajwe n’igisirikari cy’icyo gihugu.
Si abo gusa kuko abandi basirikare 9 nabo baburiwe irengero, ibikoresho ndetse n’imodoka nabyo birangizwa. Ibyo byatangajwe n’igisirikale cya Mali ku wa mbere nk’uko cyabitangaje mu itangazo ryasohowe. Gusa kugeza ubu harakekwa ko iki gitero cyagabwe n’ishami rya Leta ya Kisilamu.
Iryo tangazo riravuga riti: “Ku wa 7 Nzeri ahagana saa 15h00, imitwe y’ingabo za Tassit… yasubije cyane igitero gikomeye gihuriweho n’imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro, bishoboka ko cyaturutse muri ISGS Leta ya kisilamu muri sahara yunganirwa n’inkunga z’indege zitagira abapilote n’imbunda zirasa amabombe.”
Reuters ivuga ko iki gihugu cya Mali cyugarijwe n’imitwe y’intagondwa z’Abayisilamu, imwe ifite aho ihuriye na Al Qaeda na Leta ya kisilamu. Kandi ubu yanakwirakwiriye no mubaturanyi nko mu gihugu cya Burkina Faso na Niger.
Icyo gitero cyabaye, abasirikale ba leta bavuga ko nibura baba barishe abasirikale 7 ku ruhande rw’umwanzi nk’uko iryo tangazo ribivuga.






















