Kanziga Denyse warokotse Jenoside yakorewe muri Mata 1994, arokokera mu karere ka Rusizi kuri ubu atuye mu karere ka Musanze, umurenge wa Muhoza afite abana batatu n’undi umwe arera arashimira Inkotanyi zitanze zikabunamuraho icumu.
Mu kiganiro cy’ubuhamya yagiranye na Mamaurwagasabo, uyu mubyeyi w’imyaka 47 avuga ko yanyuze mu nzira y’umusaraba ndetse ubwo Interahanwe zashakaga kumwica zamuteye icumu ku kibero, nubu aracyafite igikomere. Avuga ko ashimira Imana aho imugejeje nyuma y’imyaka 30 twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu rugendo rwo kwiyubaka.
Yagize ati: "Amateka yanjye ni maremare, narokokeye mu karere ka Rusizi, mu murenge wa Nkanka. Bari badushyize hamwe bagiye kutwica ubwo njye nuriye igipangu nshaka kubacika nurira ku kigo cy’ababikira bantera icumu mu kibero, niruka mvirirana banziritse igitambaro muri icyo gikomere; icyo gihe narimfite imyaka 15, ifirimbi yavuze bageze mu marembo y’urugo."
Yakomeje agira ati: "Musaza wanjye bamutemye ijosi ndeba, ubwo niko twari turi hagati mu mirambo imvura iguye twerekeza ahari komine kamembe, niho twatataniye. Abatutsi bicwa urw’agashinyaguro. Habereye ibikorwa bibi by’urukozasoni kuko abagore bafatwaga ku ngufu barangiza bakicwa. Hari umubyeyi witwaga Theresia barasatuye bamukurano uruhinja kuko yari atwite ngo barebe umwana w’Umututsi uburyo aba ameze; ni urugendo rurerure."
Uyu mubyeyi akomeza avuga urugendo rukomeye banyuzemo ndetse ashimira Inkotanyi zafashe iya mbere ziza kubarokora ngo kuko iyo ngo bataza kurokora Abatutsi baba ntawabashije kurokoka.
Yagize ati: "Ndashimira Inkotanyi cyane zaturokoye kuko zaje Interahanwe zitujyanye i Nyarushishi ngo zitwice. Ndetse ngashimira n’Imana yemeye ko ubu ndiho nkaba mfite umuryango, ndashimira na Leta yacu ikomeje kutwitaho tukaba tubayeho neza, navuye Rusizi nza kuba Musanze, mbayeho neza ndatekanye, nubwo iki gikomere kijya kimbabaza cyane mu kuguru kukandya."
Imyaka 30 irashyize Twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gusa Abayirokotse bavuga ko bagenda biteza imbere mu mibereho y’ubuzima bwabo ndetse bamwe bagenda bakira ibikomere byo ku mubiri batewe na Jenoside nubwo hari abandi batarabasha kuruhuka no gutuza mu mitima yabo ngo bitewe nuko bataramenya ahajugunywe imibiri y’ababo. Aha niho bahera basaba abazi ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside kuhavuga bagashyingurwa mu cyubahiro.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje






















