Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Ari ku rutonde rw’abantu bakatiwe kwicwa muri Malawi, Byson Kaula yarokotse inshuro 3 bitewe nuko ibyo bihe byose uwagombaga kumwica amumanitse yahagaritse akazi atarasoza umubare wabo yagombaga kunyonga uwo munsi.
Amakuru dukesha BBC avuga ko umugabo ukomoka mu gihugu cya Malawi yakomeje kubaho kugeza igihe Leta ihagarikiye igikorwa cyo kunyonga abantu. Ubwo uyu mugabo yari ku rutonde rwabagomba kumanikwa, ako kazi kakorwaga n’umunyafrika yepfo wakoraga akazi ko kwica abantu abamanitse mu bihugu bitandukanye.
Ubwo uyu muny’Afrikayepfo yageraga mu gihugu cya Malawi, Boyson avuga ko yibuka ko izina ryiwe ryari ku rutonde rw’abantu 21 bagombaga kwicwa mu gihe cy’amasaha runaka. Uyu mugabo wagombaga kumwica akaba yarakoze akazi kugeza isakenda aho yananiriwe akarekeraho bituma abo atgezeho barusimbuka barimo na Boyson utanga ubu buhamya.
Abantu batatu bari basigaye bagombaga kuzategereza igihe uyu mugabo yari kuzagarukira.
Mu mwaka wa 2007 haciyeho imyaka 25 Byson afunzwe, imanza z’abari bakatiwe igihano cy’urupfu bisabwa ko zisubirwamwo.
Igihe abacamanza bavugiye ko bagiye gutwara Byson muri mu rukiko yabanje kwanga kubera ubwoba bw’ibyo yaramaze kubona gusa yaje gutungurwa n’umwanzuro w’urukiko wamumenyeshaga ko yigenga ashatse yakwitahira.
Src BBC





















