Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Nigeria: Abantu 65 baguye mu gitero Boko Haram yateye ku irimbi aho abantu bari bagiye gushyingura

Wednesday 31 July 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na: Imfurayabo Pierre Romeo

Inkuru dukesha CNN muri Nigeria ivuga ko abantu 65 baguye mu gitero Boko Haram yatewe ku irimbi ahari hateraniye imbaga nyamwinshi yabari bagiye gushyingura mu mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria

Aba bantu bagera kuri 65 bahitanywe n’ibitero bya Boko Haram, ubwo bari bari gushyingura kuri uyu wa gatandatu mu karere ka Nganzai mu ntara ya Borno nkuko bitangazwa na Muhammed Bulama umwe mu bayobozi b’iki gihugu.

Ku ikubitiro 21 nibo babanje gupfira muri rino rimbi, abandi bagera kuri 44 bahise birunka bahungisha amagara yabo ariko ntibyaje kubahira kuko abitwaje intwaro baje kubamishamo urufaya rw’amasusu.

Abantu bagera ku 10 bo bakomeretse bikabije, 8 muribo bakaba bahise berekezwa ku bitaro.

Abarwanyi b’umutwe wa Boko Haram bakaba baratuye mu majyaruguru ya Nigeria igihe kigera ku myaka irenga 10, bakaba bagendera ku matwara akomeye ya Ki islamu sharia byanatumye aba slamu besnhi bacikamo ibice benshi bakaba barahise bahinduka aba kiristu nyuma yibyo Boko Haram yaritangiye gukorera abataravugaga rumwe nayo.

Boko Haram yagabye ibitero bitandandukanye mu mpande enye zose z’igihugu cya Nigeria, baturikije imisigiti, bashimuta abagore n’abana ndetse n’abanyapolitiki batagira ingano.

Muri Mutarama uyu mwaka habaye ihohoterwa ryatewe na Boko Haram, ryatumye abasaga ibihumbi 30 bahunga igihugu nkuko bitangazwa na n’ishami ry’umuryngo w’abaibumbye ryita ku mpunzi.

Inkuru ya CNN

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru