Nyuma y’iminsi mike asheshe Guverinoma, Perezida w’Inzibacyuho muri Guinea Conakry, Mamadu Doumbouya yashyizeho Minisitiri w’Intebe ugiye kumufasha gushyiraho indi.
Agatsiko k’abasirikare kari ku butegetsi muri Gineya kayobowe na Doumbouya kavuga ko kashyizeho minisitiri w’intebe mushya, nyuma y’iminsi umunani iyariho isheshwe.
Ibyo bibaye mu gihe mu murwa mukuru Conakry, bisa n’aho ubuzima bwahagaze ku munsi wa kabiri w’imyigaragambyo ibera mu gihugu cyose.
Abigaragambya barasaba ko umuyobozi w’urugaga ufunzwe arekurwa, n’ibiciro by’ibiribwa bikagabanuka. Ikindi basaba ni ukureka itangazamakuru rikisanzura kandi imibereho y’abakozi ba Leta ikavugurura.
Ibiro ntaramakuru by’abafaransa, AFP, byatangaje ko umuvugizi w’agatsiko k’abasirikare bari ku butegetsi, jenerali Mamady Doumbouya, yavugiye kuri televisiyo ko “Amadou Oury Bah, impuguke mu by’ubukungu, yagizwe minisiti w’intebe n’umukuru wa guverinoma”.
Uwo muvugizi yavuze ko akazi k’ibanze ka Oury Bah ari uguhosha umwuka mubi hagati ya Leta n’ingaga 13 zatumije imyigaragambyo yatandiye kuwa mbere. Iyo myigaragambyo yatwaye ubuzima bw’abantu babiri, mu bushyamirane bwabaye mu nkengero z’umurwa mukuru Conakry.
Isoko: AFP





















