Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yitabye Imana, ku myaka 88.
Inkuru y’Urupfu rwa Papa Francis yatangajwe mu gitondo cyo kuri wa Mbere wa Pasika Saa 7:35 aho Cardinal Kevin Farrell yashyize hanze itangazo rivuga ko Papa “yasubiye mu ngoro ya Data”.
Yavuze ko ubuzima bwe bwose bwaranzwe no gukorera Imana na Kiliziya. Yavuze ko mu buzima bwe yaranzwe n’urukundo no gufasha abakene n’imbabare ndetse ko yabyishaga aho ari hose.
Imyaka ishize y’ubuzima bwa Papa Francis (…)
Leta y’u Rwanda yemeye kuzaha inzira Ingabo z’Umuryango wa Africa y’Amajyepfo SADC ziri i Goma mu Burasirazuba bwa Congo kugira ngo zibone uko zisubira mu bihugu byazo nyuma yaho zitsinzwe urugamba na M23 iri mu Ihuriro AFC/M23.
Gahunda zari zaremeranyijwe na M23 yo kunyura ku Kibuga cy’Indege cya Goma yacishijwemo umurongo na AFC/M23 nyuma yuko imenye ko ingabo za SADC (SAMIDRC) zihishe inyuma y’igitero giherutse kugabwa ku mugi wa Goma, AFC ikavuga ko zakigizemo uruhare zifatanyijemo (…)
Inama y’Abaminisitiri yemeje umushinga w’Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, uteganya amavugurura atandukanye ashingiye kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho, mu rwego rwo kurushaho gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano, hagamijwe kunoza umutekano wo mu muhanda no kugabanya impanuka n’abo zihitana.
Ibyo ni bimwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 Mata 2025, iyobowe na Perezida Kagame.
Umushinga w’itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Mata 2025 nibwo habyutse hasakara amakuru yuko umuyobozi w’akarere ka Nyanza yakuwe mu nshingano n’inama njayanama y’akarere, nyuma yo gusanga atubahiriza inshingano ze uko bikwiye.
Byaje gukomeza kuvugwa ko Ntazinda Erasme yaba yanatawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha ariko ntihabonetse igihamya nyacyo kivuye ku rwego rubifitiye ububasha.
Mu masaha make y’igicamunsi, Umuvugizi w’urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry (…)
Hari bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bahangayikishijwe n’inkuba zijya zibibasira, bakaboneraho gusaba ubuyobozi kubegereza imirindankuba.
Ntibarikure Joseph na Ngendahimana Gérard, ni bamwe muri baturage bagaragaza ubwabo ko mu gihe inkuba zikubita nk’abaturage batuye muri kano Karere ka Rutsiri, baba bafite impungenge zuko nabo zabakubita.
Ntibarikure ati: "Ubu ntawe ukibona imvura iguye ngo yugame mu ntoki."
Uyu muturage yunganirwa na Ngendahimana nawe wagize (…)
Ihuriro AFC/M23 rihanganye na Leta ya DRCongo ryashinje ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) kurekura ingabo 800 zari zayihungiyeho kugira ngo zihungabanye umutekano w’umujyi wa Goma.
Tariki ya 27 Mutarama 2025 ni bwo AFC/M23 yafashe umujyi wa Goma. Icyo gihe ingabo za RDC, abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’ab’imitwe ya Wazalendo bahungiye mu bigo bya MONUSCO bitandukanye.
Mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira uwa 12 Mata 2025, ingabo za RDC, FDLR na (…)
Umushingwa wo kubaka isoko rya Gisenyi, ry’akarere ka Rubavu ni umwe mu mishinga yo muri uyu mujyi yadidinye mu buryo bukabije, aho rimaze imyaka irenga 14 ryubakwa ariko ritaruzura.
Icyakora ubu hari inkuru nziza ku bari bategereje ko ryuzura, dore ko ukwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, kuza gusiga ryuzuye, nkuko ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bubitangagaza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu bikorwa byo ku ryubaka hagezweho imirimo ya nyuma (finisage) yo kurisoza, nko gusiga (…)
Umuryango w’Afurika y’Amajyepfo, SADC, wahakanye wivuye inyuma ko nta ruhare wagize mu bitero byagabwe ku mugi wa Goma.
Ibiteroi byagabwe kuri Goma, tariki ya 11 Mata 2025, Ihuriro AFC/M23 rifite uwo mugi mukuru muri Kivu y’Amajyaruguru rihita ribishinja Ingabo za SAMDRC kuba inyuma yabyo bafatanyije n’igisirikare cya Leta, Wazalendo, ndetse na FDLR.
Nyuma y’amasaha make, Umuvugizi w’ingabo za Leta, FADRC, General Ekenge yahise yamagana ibiyishinjwa, atangaza aho FADRC igiye ifite (…)
Nyuma yuko kuwa Gatandatu, tariki ya 11 Mata 2025, i Goma no mu nkengero zaho humvikanye urusaku rw’amasasu n’imbunda ziremereye, mu minota mike Ihuriro rya AFC/M23 rigatangaza ko ryasubije inyuma ibitero by’ingabo za SADC (SAMIDRC) mu gufasha FARDC n’abayifasha gushaka kwisubiza Goma, igisirikare cya Leta ya DRC cyatangaje ko atari cyo cyakoze ibyo.
Ni igitero cyagabwe ku wa Gatanu tariki 11 Mata 2025, aho mu bice bigize uburengerazuba bwa Goma birimo Mugunga, Kyeshero no mu gace ka Lac (…)
Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwakiriye dosiye 82 z’abantu 87 bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cy’icyunamo.
Byatangajwe n’umuvugizi w’uru rwego, Dr Murangira B. Thierry mu Kiganiro Waramutse Rwanda cya RBA, avuga ko abo bantu bari mu madosiye 82, barimo n’umwaka w’imyaka 15.
Izo dosiye zakiriwe guhera ku itariki 7 Mata 2025 uko ari 82, harimo izirebana n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’izifitanye isano nayo zingana na 76 mu gihe iz’ivangura ari (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















