Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyundo , mu kagari ka Kibuguzo umurenge wa Shingiro w’Akarere ka Musanze bahawe gasopo nyuma yaho bahohoteye inzego z’ubuyobozi zarı zigiye gusenya inzu bubatse mu buryo butemewe.
Hari bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Bunnyari mu Kagari ka Murambi, mu Murenge wa Musasa w’AKarere ka Rutsiro, bavuga ko bajya bashyirwa mu kizima, biturutse ku kuba kashi pawa zibafasha kubona umuriro w’amashanyarazi bari bafite zarapfuye, zikaba zitagikora.
Abaturiye uruganda rukora sima rwa “CIMERWA”bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe cyane n’intambi ziruturikirizwamo kuko byangiza inzu zabo, bagasaba ko bakwimurwa mu mbago zuru ruganda nkuko bari barabisezeranijwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bwasubukuye imirimo yo kubaka ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya Rambo TVET riherereye mu Murenge wa Nyamyumba ryari rimaze imyaka hafi 12 ryaradindiye.
Nyuma yo gusura urwibutso rw’Akarere ka Musanze ruri mu cyahoze ari Ingoro y’ubutabera (cour d’Appel de Ruhengeri), bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera bavuze ko bashenguwe na jenoside yakorewe Abatutsi bazira uko baremwe.
Ibi babigarutseho ubwo bari bamaze gusobanurirwa amateka ari muri uru Rwibutso, ruruhukiyemo imibiri isaga 800 y’Abatutsi biciwe muri iyi nzu, bari bahahungiye bazi ko babona ubutabera birangira bishwe urw’agashinyaguro.
Iribagiza Julienne yagize ati: ”Hari (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigiye kubona amahoro.
Umutegetsi wa Amerika atangaje icyizere cy’ayo mahoro nyuma y’aho Amerika ifashije DRC n;u Rwanda bikagirana amasezerano agena amahame y’ingenzi aganisha akarere ku mahoro n’umutekano birambye.
Tariki ya 25 Mata 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wo muri RDC, Thérèse Kayikwamba (…)
Ubwpo minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot yari yasuye Perezida wa Uganda, Yoweli kaguta museveni, yamusabye gufasha mu gukemura ibibazo byo mu Burasirazuba bwa RDC, no kunga u Bubiligi n’u Rwanda.
Ikinyamakuru The East African cyanditse ko Minisitri Prévot yivugiye ko Perezida Museveni “ari umuhuza ukomeye mu biganiro bya dipoliomasi hagati y’impande zombi.”
Umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi wahagaze mu kwezi gushize, ubwo rwafataga icyemezo cyo gucana umubano n’u (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwongeyevrwataye muri yombi Turahirwa Moses usanzwe ari umuyobozi w’inzu y’imideli ya Moshions, nubundi azira gukoresha ibiyobyabwenge.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, aho yagize ati“Ni byo koko Turahirwa Moses yarafashwe akaba akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge nkuko bigaragazwa n’ibisubizo by’ibipimo byafashwe bikanapimwa n’abahanga bo muri RFI [Rwanda Forensic Institute].”
Dr. Murangira abajijwe niba ibiyobyabwenge (…)
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yitabye Imana, ku myaka 88.
Inkuru y’Urupfu rwa Papa Francis yatangajwe mu gitondo cyo kuri wa Mbere wa Pasika Saa 7:35 aho Cardinal Kevin Farrell yashyize hanze itangazo rivuga ko Papa “yasubiye mu ngoro ya Data”.
Yavuze ko ubuzima bwe bwose bwaranzwe no gukorera Imana na Kiliziya. Yavuze ko mu buzima bwe yaranzwe n’urukundo no gufasha abakene n’imbabare ndetse ko yabyishaga aho ari hose.
Imyaka ishize y’ubuzima bwa Papa Francis (…)
Leta y’u Rwanda yemeye kuzaha inzira Ingabo z’Umuryango wa Africa y’Amajyepfo SADC ziri i Goma mu Burasirazuba bwa Congo kugira ngo zibone uko zisubira mu bihugu byazo nyuma yaho zitsinzwe urugamba na M23 iri mu Ihuriro AFC/M23.
Gahunda zari zaremeranyijwe na M23 yo kunyura ku Kibuga cy’Indege cya Goma yacishijwemo umurongo na AFC/M23 nyuma yuko imenye ko ingabo za SADC (SAMIDRC) zihishe inyuma y’igitero giherutse kugabwa ku mugi wa Goma, AFC ikavuga ko zakigizemo uruhare zifatanyijemo (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.


















