Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Abaturage bakoresha ikiraro gihuza Umurenge wa Murunda n’uwa Gihango yo mu Karere ka Rutsiro, batewe impungenge n’uburyo cyangiritse, kikaba cyarazambije ubuhahirane ku bagikoresha, ndetse kinabateye mpungenge ko gishobora guhitana ubuzima bwabo cyane ko basigaye bakinyuraho bakambakamba.
Iki kirako ubusanzwe kinyuraho abaturage barimo abanyeshuri bagiye kwiga ndetse n’abagana ibitaro bya Murunda, hamwe n’ababa bagannye Isanteri y’Ubucuruzi ya Mburamazi.
Consalata Uwamariya, utuye mu (…)
Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryiyemeje gutabara abaturage bo mu Mujyi wa Bukavu, rihamagarira indi mitwe ya politiki n’ingabo batishimiye uko ubutegetsi bumeze muri Congo guhaguruka bagashaka impinduka.
Bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 16 Gashyantare 2025, aho yavuze ko M23 yafashe icyemezo cyo gufaat umujyi wa Bukavu nyuma y’uko abaturage baho bari baratereranywe n’ihuriro z’ingabo za RDC, iz’u (…)
Umubyeyi witwa Kayitesi Hanriette, ufite imyaka 38, avuga ko yirukanywe n’ubuyobozi mu Murenge wa Kanama yari atuyemo, ashinjwa gusebya Umurenge wa Kanama.
Uyu mubyeyi yatubwiye ko ubusanzwe yakundaga kubaza ibibazo bigendanye n’imibereho ye itameze neza, ndetse agaragaza ko atanishoboye akeneye ubufasha ariko atazi impamvu atafashwa nk’abandi b’imfubyi za buri buri batishoboye.
Kayitesi avuga ko yafatiye indangamuntu mu Mudugu wa Bikuka, mu Kagari ka Mahoko, ho mu Murenge wa Kanama, mu (…)
Umuvugizi w’Ihuriro Aliance Fleuve Congo, AFC/M23, Lawrence Kanyuka yatangaje ko Ingabo z’umutwe wa M23 zageze ku kibuga cy’indege cya Kavumu.
Ni ikibuga kiri mu birometero 30 ugana i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo, umugi usigaye ngo M23 yigarurire uburasirazuba hafio ya bwose bwa DRC.
M23 yavuze ko yamaze gufata ikibuga cy’indege cyose cya Kavumu nyuma yo kwigarurira uduce twa Kabamba na Katana two muri teritwari ya Kabale.
Aba barwanyi bashinjaga ingabo za leta, FARDC, gukoresha indege (…)
Abarwanyi b’umutwe wa M23 bafashe centre y’ubucuruzi ya Katana nyuma y’imirwano ikomeye wagiranye n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, (FARDC), iz’Abarundi n’ihuriro rya Wazalendo.
Katana, iri kuri kilometero 7 uvuye ku kibuga cy’indege cya Kavumu, yari nk’igikuta gikomeye cyabuzaga M23 kwerekeza kuri icyo kibuga kuko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryahashyize uburinzi bukomeye.
Abarwanyi ba M23 bafashe iyi senteri y’ubucuruzi ya Katana nyuma yo kwirukana abo bahanganye mu (…)
Ikibazo cyo gutwara inda, gutinya ko wakandura virusi itera sida ndetse n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye, ni imwe mu mpamvu ituma abantu bazi kureba kure bahitamo bakoresha udukingirizo.
Ku ruhande rw’urubyiruko rwo mu karere ka Nyagatare bamwe muri bo siko bimeze; hari urubyiruko ruvuga ko rukigorwa no kubona udukingirizo bitewe no gutinya uburyo mu muryango nyarwanda babonwa.
Umwe yagize ati: "Hari igihe amafaranga abura ukagendera aho (gukora imibonano (…)
Nyuma y’icyumweru mu rugendo ruva i Goma rujya Afurika y’Epfo, kontineri yari itwaye imirambo y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo baguye ku rugamba na M23 yagejejwe mu gihugu cyabo yakirwa mu cyubahiro cya Gisirikare.
Tariki 7 Gashyantare nibwo kontineri yari irimo imibiri y’abasirikare ba Afurika y’Epfo yemerewe kunyuzwa mu Rwanda ku mupaka wa Rubavu uhana imbibi na Repubulika ya Demokarsi ya Congo, DRC, ikomeza urugendo yerekeza ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda aho yari (…)
Bamwe mu batuye n’abakorera mu murenge wa Musasa by’umwihariko mu Isanteri ya Gisiza, batewe impungenge n’abana bataye ishuri, basigaye bakora akazi ko kwikorera imizigo, harimo inanasi zijyanywe ku isoko, mu gihe abandi bagiye ku ishuri.
Ubwo twagera muri iyi isantera ya Gisiza, mu masaya saa sita z’amanyawa twasahanze abana, bari bazanye inanasi zo gucuruza muri iyi santeri, mu gihe abandi bagiye ku ishuri, ubwo twabegereye ngo bagire icyo batubwira, kuri iyi myitwarire bakabyanga (…)
Mu nteko Rusange idasanzwe y’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, hatorewemo komite Nyobozi nshya yasabwe gukora cyane bashyira umuturage ku isonga.
Visi chairperson w’umuryango RPF Inkotanyi Hon. Uwimana Consolee yavuze ko aya matora abaye nyuma y’isuzuma ryakozwe n’ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango, aho bwasanze hari abitwa ko ari abanyamuryango kandi ataribo.
Yagize ati: "Reka nshimire abarangije manda zabo, aya matora y’abayobozi muri izi nzego abaye nyuma (…)
Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zizava ku butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu gihe ibyemejwe mu nama bakubutsemo muri Tanzania biaba byashyizwe mu bikorwa.
Abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC n’ab’Afurika y’Amajyepfo SADC, bakubutse mu nama yabahurije muri Tanzania aho aganiraga banafata umwanzuro ku cyazana amahoro kigahosha intambara mu Burasirazuba bwa Congo.
Ni inama yateranye kuwa Gatandatu (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















