Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Nyuma y’amasaha make y’itangazo riteganya agahenge ko guhagarika imirwano kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 04 Gashyantare 2025, Ihuriro rya Aliance fleuve Congo AFC/M23 ryashyize mu bikorwa gahunda, bahagarika imirwano.
Itangazo rya AFC/M23 ryasohowe na Lawrence Kanyuka, umuvugizi w’ihuriro Alliance Fleuve Congo rifite umutwe wa M23, yavuze ko badafite “intego zo gufata Bukavu cyangwa utundi duce”, ahubwo ari ku mpamvu zo kugoboka abaturage.
Iri tangazo risohotse nyuma y’uko kuva mu mpera (…)
Perezida Paul Kagame yatangaje ko nta muntu n’umwe uzaturindira umutekano u Rwanda atari abanyarwanda gusa.
Yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye n’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, cyatangajwe tariki ya 3 Gashyantare 2025.
Ni ikiganiro kibaye nyuma yuko amahanga menshi ahora ashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wamaze kwambura ibice binini by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse ubu iri kugenzura umugi wa Goma, ibintu u Rwanda rutahwemye kubyamaganira kure.
Muri iki kiganiro, (…)
Hari bamwe mu bahoze mu bigo by’imfubyi cyari kizwi nka Terimbere Cáritas baza gutuzwa mu mudugudu w’ubumwe n’ubwiyunge, uherereye mu mudugudu wa Susa, bagaragaza ko imyaka 20 igiye gushira badafite uburenganzira ku mitungo bahawe.
Aba bahose ari abana bo mu bigo by’imfubyi ubu bakaba barakuze, batujwe Umurenge wa Muhoza bikozwe n’Akarere ka Musanze bafatanyije na Cáritas.
Batangarije munyamakuru wa Mamaurwagasabo TV aho yabasanze muri uyu mudugudu ko inzu bubakiwe muri icyo gihe (…)
Rubagumya Pacome, wahoze mu ngabo z’igihugu uri mu kigero cy’myaka 54 bamusanze yapfuye mu nzu yabagamo.
Uyu musaza yari asanzwe atuye mu mudugudu wa Kamubaji, Akagari ka Ruganda mu murenge wa kamembe ari naho bamusanze yashizemo umwuka.
Ibi byamenyekanye mu masaha ya saa yine zo kuri uyu iki cyumweru tariki ya 02 Gashyantare 2025 aho nyakwigendera yaguye.
Umwe mu baturage baturanye na nyakwakwigendera mu mudugudu yabwiye Mama U Rwagasabo ko "Twabonye bigeze saa yine atarabyuka, (…)
Mutungirehe Annociate, umunyamakuru wa Mama Urwagasabo yamusanze mu rugo rwe ruri mu mudugudu wa Nyabitare mu kagari ka Gikundamvura mu murenge wa Karama mu karere ka Nyagatare, asanga ataka ubuzima bubi abayeho ariko akabushinja abamukuye ku rutonde rw’abafashwa mu nkunga igenewe abafite ubumuga batishoboye.
Uyu mukecuru ufite ubumuga bw’ingingo zirimo n’amaboko yakabaye akoresha yitunga, aba mu nzu ya wenyine, ntamwana n’umwe babana, byongeye ntakintu abasha kwikorera uretse ngo iyo (…)
Bamwe mu baturage batuye n’abakorera mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubuzima bugenda bugaruka muri uyu mujyi, nyuma yaho hatewe ibisasu mu ntangiriro z’icyumweru gishize 15 bakahasiga ubuzima abandi barenga ijana bagakomereka, bigatuma ubuyobozi buhungisha abegereye umupaka ndetse n’ubuzima muri uyu mujyi bugahungabana.
Ibi bisasu byaturukaga mu mirwano yari ikomeye yahuzaga abarwana ku ruhande rwa FARDC, bahanganyemo n’umutwe wa M23, aho byavuzwe ko hari aho byageraga uruhande rwa FARDC (…)
Nyuma yaho urusaku rw’amasasu rucecekeye mu mugi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, DRCONGO, abakongomani ba mbere nasubiye iwabo.
Ababimburiye abandi muri icyo gikorwa cyo gutahuka bari kuva mu mujyi wa Rubavu uhana imbibi na DRCONGO, bakirwa n’abasirikare ba M23 bagenzura umupaka wa Goma.
Abahungiye mu Rwanda bari bavuye mu bice bya Birere mu Mujyi wa Goma, Majengo, Mabanga na Ndosho, bavugaga ko bahunga amasasu menshi arimo kuvugira aho batuye baza mu Rwanda aho (…)
Nyuma yaho Ingabo za M23 zigaruriye Umujyi wa Goma, ubu ibikorwa byose byatangiye kugenzurwa n’ingano z’uyu mutwe harimo n’imipaka ihuza u Rwanda na DRCONGO.
Umupaka uhuza u Rwanda na RDC, La Corniche urimo kugenzurwa n’ingabo za M23 nyuma y’aho ziwirukanyemo ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, n’indi mitwe yafatanyaga nawo nka FDLR, Wazalendo, Abacanshuro n’indi mitwe.
M23 kwigarurira imipaka ya Goma na Gisenyi ku ruhande rw’u Rwanda birajyana no kugenzura (…)
Abatuye mu isantere ya Kanyogote ihuza utugari twa Bibare na Mimuri mu murenge wa Mimuri muri Nyagatare bavuga ko hari insoresore zirirwa zicaye ntacyo zikora ubundi zikaza kwitwikira amajoro zikabiba.
Iyo ugeze muri ako gasantere usanga abaturage bahugiye mu mirimo itandukanye, yiganjemo ubuhinzi, hari abari kuvungura ibigori aeiko hari abandi bicaye ku buryo ubona ntacyo bari gukora kandi ari urubyiruko.
Aba baturage bavuga ko izo nsoresore zidakura amaboko mu mifuka usanga ku mugoroba (…)
Nyuma y’urupfu rutunguranye rwa Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru akaba yari n’Umuyobozi w’ingabo muri iyo ntara, Peter Nkuba Chilimwami, Perezida Tshisekedi yashyizeho umusimbura nubwo intara amwoherejemo yose ifitwe n’umutwe wa M23 kugeze i Goma mu mugi Mukuru wayo.
Kuwa 28 Mutarama 2025 nibwo Umuvugizi w’umutwe wa M23 yigambye urupfu rwa General Majol Peter Chirimwami Nkuba. Yiciwe i Kasengezi muri Minova ubwo yasuraga abari imbere ku rugamba kugira ngo yifotozanye na bo. (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















