Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

RIB yataye muri yombi umuganga ukekwaho gusambanya umukizo ushinzwe isuku

Wednesday 8 January 2025
    Yasomwe na

Urwego rw’ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi umuforomo ukekwaho gusambanya umukozi wo kwa muganga.

Ni umuforomo w’imyaka 39 ukorera mu Kigo Nderabuzima cya Ruheru, giherereye mu Karere ka Nyamasheke, RIB yanditse ko rubuga rwayo rwa X ko akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu umukozi w’isuku w’imyaka 25.

Amakuru y’ibanze yagaragaje ko uyu muforomo yasambanyije umukozi ushinzwe isuku ubwo bombi bari basoje akazi mu masaha y’ijoro.

Amakuru dukesha IGIHE avuga ko iki cyaha cyabereye mu Mudugudu wa Musaka, Akagari ka Raro mu Murenge wa Kanjongo, aho icyo kigo nderabuzima giherereye, ku itariki ya 30 Ukuboza 2024.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko uyu muforomo yafashwe ku itariki ya 6 Mutarama 2025, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanjongo. Iperereza rikomeje gukorwa kugira ngo dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru