Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rusizi: Yasanzwe yapfuye hakekwa uwo yatanzeho amakuru kuri Jenoside

Thursday 9 January 2025
    Yasomwe na

Mu karere ka Rusizi habyukiye inkuru y’urupfu rw’umusaza w’imyaka 68 wasanzwe hafi y’urugo rwe yapfuye, hakekwa ko yaba yishwe n’abantu yatanzeho amakuru ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 bagafungwa, bakaba bararangije ibihano bagafungurwa.

Byabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Kabageni Umurenge wa Nyakarenzo ku wa 9 Mutarama 2025.

Bivugwa ko nyakwigendera yishwe n’abantu bamutegeye mu nzira, umurambo barawukurubana bawurambika hafi y’urugo rwe.

Jenoside yakorewe Abatutsi ikirangira nyakwigendera Nsabimana yabaye conseye wa Segiteri, ari nabwo yatanze amakuru ku bagize uruhare muri Jenoside bikekwa ko bamwishe.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Alfred Habimana yabwiye IGIHE ko RIB yatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abagize uruhare mu rupfu rw’uyu musaza.

Ati "Ntabaratabwa muri yombi, RIB iracyakora iperereza".

Meya Habimana yasabye abaturage kwirinda kumena amaraso y’inzirakarengane no kubana neza mu mahoro.

Ati "Igihugu cyacu gishyize imbere ubumwe n’ubudaheranwa no kubaka Umunyarwanda utekanye. Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 yatwaye inzirakarengane zisaga miliyoni ni igihombo ku gihugu, nyuma y’aho ubuyobozi burajwe ishinga no kubaka iterambere ry’Abanyarwanda, icyo dusaba abaturage ni uko twese twafatanya n’ubuyobozi kubaka igihugu abagifite inzangano bakazireka".

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturanyi ba nyakwigendera Nsabimana Berchmas babwiye IGIHE ko bakeka ko uyu musaza yishwe n’abagize uruhare muri Jenoside yatanzeho amakuru muri Gacaca.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru