Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Somalia: Abantu 21 bapfuye abandi 100 barakomereka mu mirwano yabereye kuri Hotel Hayat

Monday 22 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Mu gihugu cya Somalia habaye imirwano ikomeye yamaze amasaha 30 gusa kuri Hotel ya Hayt, gusa abashinzwe umutekano bavuze ko batabaye abantu 106, abagera kuri 21 bakahasiga ubuzima naho abandi 117 bo bakahomerekera.

Ibyo byabaye mu ijoro ryo ku wa 5, aho intagondwa zagabye igitero kuri iyo Hotel.

Kugeza ubu Minisiteri y‘Ubuzima yamaze gutangaza ko abantu 21 aribo baguye muri icyo gitero cyamaze amasaha 30 gusa.

Icyo gitero cyagabwe n’umutwe w’intagondwa ziyitirira Islam wa ’Al-shabab’ kuko ari wo wigambye icyo gitero.

Kugira ngo bagere ku muryango w’iyo Hotel iri mu Murwa Mukuru wa Mogadishu, baje batera ibiturika kugira ngo bigarurire iyo Hoteri mu buryo bw’urugomo .

Umukuru wa polisi Abdi Hassan Mohamed Hijra, yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku cyumweru yagize ati: “Ndifuza kumenyesha Abanyesomalia bose ko igikorwa cyo kuri Hotel cyarangiye saa sita z’ijoro.”

Amakuru dukesha Bwiza ni uko Hassan Hijra yakomeje avuga ko yababajwe n’ubuzima bw’inzirakarengane bwatikiriye muri kiriya gitero gusa ngo polisi ikomeje gutabara umwe ku wundi kandi mu matsinda.

Minisitiri w’Ubuzima Ali Haji Adan, yavuze ko imibare y’abapfuye ishobora kwiyongera ngo kuko abo mu miryango y’ababuze ubuzima yatwaye imirambo leta itaramara kuyibara ngo bamenye abaguye muri icyo gitero.

Yanongeye atangaza ko muri 117 bakomeretse, harimo 15 bakomeretse mu buryo bukomeye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru