Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Mu gihugu cya Somalia habaye imirwano ikomeye yamaze amasaha 30 gusa kuri Hotel ya Hayt, gusa abashinzwe umutekano bavuze ko batabaye abantu 106, abagera kuri 21 bakahasiga ubuzima naho abandi 117 bo bakahomerekera.
Ibyo byabaye mu ijoro ryo ku wa 5, aho intagondwa zagabye igitero kuri iyo Hotel.
Kugeza ubu Minisiteri y‘Ubuzima yamaze gutangaza ko abantu 21 aribo baguye muri icyo gitero cyamaze amasaha 30 gusa.
Icyo gitero cyagabwe n’umutwe w’intagondwa ziyitirira Islam wa ’Al-shabab’ kuko ari wo wigambye icyo gitero.
Kugira ngo bagere ku muryango w’iyo Hotel iri mu Murwa Mukuru wa Mogadishu, baje batera ibiturika kugira ngo bigarurire iyo Hoteri mu buryo bw’urugomo .
Umukuru wa polisi Abdi Hassan Mohamed Hijra, yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku cyumweru yagize ati: “Ndifuza kumenyesha Abanyesomalia bose ko igikorwa cyo kuri Hotel cyarangiye saa sita z’ijoro.”
Amakuru dukesha Bwiza ni uko Hassan Hijra yakomeje avuga ko yababajwe n’ubuzima bw’inzirakarengane bwatikiriye muri kiriya gitero gusa ngo polisi ikomeje gutabara umwe ku wundi kandi mu matsinda.
Minisitiri w’Ubuzima Ali Haji Adan, yavuze ko imibare y’abapfuye ishobora kwiyongera ngo kuko abo mu miryango y’ababuze ubuzima yatwaye imirambo leta itaramara kuyibara ngo bamenye abaguye muri icyo gitero.
Yanongeye atangaza ko muri 117 bakomeretse, harimo 15 bakomeretse mu buryo bukomeye.




















