Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abashinzwe ubuzima mu Buhinde bategetse ko uruganda Maiden Pharmaceuticals rw’imiti y’inkorora ihabwa abana ya syrop ruhagarika ibikorwa nyuma y’uko iyo miti yarwo iketsweho kuba ariyo yateje impfu z’abana muri Gambia.
Ni nyuma yuko uru ruganda rwarenze ku mategeko mu gukora no gusuzuma ibikorwa byayo, nk’uko abagenzuzi mu Buhinde babivuze.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ku isi OMS, ryari ryaburiye isi kubera imiti 4 y’inkorora inyobwa y’uru ruganda yatumye hapfa abana hafi 70. Iperereza kuri icyo kibazo n’ubu rikaba rikomeje mu Buhinde no muri Gambia, nkuko BBC yabitangaje
Abashinzwe ubugenzuzi bavuze ko bahagaritse ibikorwa byose byo gukora imiti by’uru ruganda ruherereye muri Delhi, nyuma yo kubona ko rwarenze ku mabwiriza y’ubuziranenge.
Bavuze ko “iperereza ryasanze harabayeho kurengera gukabije gushyira mu kaga ubuziranenge, no gukora imiti mizima”.
Urwo ruganda ntacyo ruravuga ku cyemezo rwafatiwe, cyakora mu cyumweru gishize, rwavuze ko “rwatunguwe no kumva amakuru y’izo mpfu kandi rubabajwe cyane n’ibyabaye”.
OMS ivuga ko, iyo miti 4 ishobora kwangiza impyiko, kandi yaba ari yo yateye impfu z’abo bana mu kwezi kwa karindwi, ukwa munani n’ukwa cyenda.
Yatanze umuburo ko uretse Gambia, iyo miti ishobora kuba yaragurishijwe no ku yandi masoko atazwi neza mu bindi bihugu byo muri ako karere.
Iyo miti igizwe n’uwitwa Promethazine Oral Solution, Kofexmalin Baby Cough Syrup, Makoff Baby Cough Syrup na Magrip N Cold Syrup.
Polisi muri Gambia irimo gukora iperereza ku mfu za bariya bana, mu gihe abatuye iki gihugu basaba ubutabera. Perezida Adama Barrow wa Gambia yavuze ko abayobozii “nta buye bazasiga rigeretse ku rindi” mu iperereza ryabo.
Raporo y’ibanze yatanzwe na polisi ya Gambia kuwa kabiri, ivuga ko iyi miti yazanywe muri Gambia na kompanyi ikorera muri Amerika. Iyo raporo ivuga kandi ko menshi mu macupa 50,000 y’iyo miti mibi yinjijwe mu gihugu ubu yamaze gufatwa.





















