Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Ubuzima bw’abaganga bo muri Nigeria bakoreshwa mu Bwongereza buri mu kaga

Tuesday 11 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abaganga bakomoka mu bihugu byo muri Afurika by’umwihariko muri Nigeria bagaragaje ko babayeho nabi mu Bwongereza, aho bakoreshwa mu buryo butaboneye mu mavuriro yigenga.

Kubera imishahara myiza, abaganga benshi bo muri Afurika bakunze kwerekeza ku mugabane w’Uburayi cyane mu Bwongereza.

Hari icukumbura ryakozwe na BBC rigaragaza ko abaganga bakomoka muri Nigeria bakorera ikigo NES Healthcare cyo mu Bwongereza bakoreshwa nabi bitandukanye n’imikorere y’abandi baganga.

Abo baganga bo bagaragaje ko bakoreshwa amasaha menshi ku buryo bafite impungenge ku buzima bw’abarwayi bavura, kuko uburyo bakoreshwamo butabemerera kuvura neza.

NES Healthcare yahakanye ibyo birego, ivuga ko igerageraza gutanga ibishoboka byose ngo abaganga bakore neza.

Ishyirahamwe ry’abaganga bo mu Bwongereza naryo ryasabye ko ubwo buryo abaganga b’Abanyafurika bafatwamo bihagarara kuko bitandukanye n’ibyemewe n’amategeko.

Bivugwa ko nibura buri mwaka abaganga basaga ibihumbi bibiri bava muri Nigeria berekeza mu Bwongereza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru