Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Uganda: Minisitiri yishwe n’uwamurindaga

Tuesday 2 May 2023
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri muri Uganda humvikanye urupfu rwa Col (rtd) Charles Okello Engola, wari Umunyamabanga wa Leta, ushinzwe w’Uburinganire, Umurimo n’ibijyanye n’inganda wishwe n’umurinzi we.

Uyu muyobozi wari warasezerewe mu giairikare yarasiwe mu rugo rwe i Kyanja, mu Murwa Mukuri wa Kampala, nkuko byemejwe n’umuvugizi wungirije wa Polisi y’umugi, Luke Owoyesigire.

Yabwiye ikinyamakuru Daily Monitor ati: "Yego. Byabereye Kyanja, humvikanye iraswaz umusirikare yarashe Sebuja (Boss)."

Bamwe mu babibonye bavuga ko uwo musirikare yagiye n’amaguru mu bice bikikije ako gace arasa mu kirere.

Hataratangazwa umwirondoro we, uwarashe Boss we na we hashize iminota micye arirasa ariyica.

Amakuru avuga ko hashobora kuba hari abantu bahakomerekeye.

Amashusho yo ku mbuga nkoranyambaga yerekana abahatuye bateraniye aho byabereye, bumiwe.

Koloneli (Rtd) Engola, wari ufite imyaka 64, yari umutegetsi wo ku rwego rwo hejuru muri leta, ndetse mbere yigeze kuba Minisitiri wungirije w’ingabo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru