Umutoza Ivan Minnaert yasabye abakinnyi be kudacika intege bagakomeza kurwanira amanota 21 asigaye kugira ngo shampiyona irangire,aho yabibukije ko bagifite amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka.
Nyuma yo kunganya na Police Fc ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize,Minnaert yabwiye abanyamakuru ko ataratakaza amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona ndetse ko umukino wa APR FC ariwo abona uzagena uzatwara igikombe.
Rayon Sports isigaranye amahirwe make yo kwegukana igikombe
Yagize ati “Nubwo uyu munsi tutabashije gutwara amanota 3,turacyari mu ntambara yo gushaka igikombe.Abakinnyi banjye barasabwa kugira ubutwari,ntibacike intege,bagakomeza bakarwana.Dufite urugamba rutoroshye rwo gutsinda imikino 7 isigaye,tukabona amanota 21 ari imbere.”
Minnaert yasabye ubusatirizi bwe kwisubiraho bugahindura imyitwarire yabwo imbere y’izamu,kugira ngo bazabashe gutsinda imikino iri imbere irimo uwo bafitanye na APR FC kuwa 16 Kamena 2018.





















