By Imfurayabo Pierre
Nyuma y’ukwezi kurenga, Habimana Hussein, umuyobozi wa tekinike muri FERWAFA afunzwe aho yari akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umwana w’umukobwa wari mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2020 amwizeza ko azamufasha agatsinda, yarekuwe by’agateganyo.
Uyu mugabo nyuma gufatwa n’ubugenzacyaha akaba yarahise akorerwa dosiye ishyikirizwa Ubushinjacyaha maze mu cyumweru gishize ku wa Kane ajya kubura ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’iminsi 30.
Uru rubanza rwaburanishirijwe mu rukiko rw’ibanze rwa Kagarama, umwe mu bitabiriye iburinishwa ry’uru rubanza, yabwiye itangazamakuru ko uyu mukobwa byagaragaye ko yari yujuje imyaka y’ubukure, abashinjaga Hussein bavugaga ko yafashwe ku ngufu kandi bikaba byarabaye abantu.
Yakomeje avuga ko Habimana Hussein yahakanye ibyo aregwa avugwa ko abeshyerwa asaba ko hakusanywa ibinyemenyetso bifatika bimushinja. Yasabye ko yarekurwa akazajya aburana ari hanze.
Isomwa ry’uru rubanza rikaba ryabaye uyu munsi, bemeza ko arekurwa by’agateganyo akazajya yitaba Urukiko buri uko rumukeneye.




















