Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Umuyobozi wa Sonarwa arakekwaho miliyoni 117

Monday 14 October 2024
    Yasomwe na

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi ya Sonarwa General Insurance, Rees Kinyangi Lulu
ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, akekwaho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 117.

Kinyangi Lulu yatawe muri yombi tariki 2 Ukwakira 2024. Amafaranga ashinjwa kunyereza akaba afitanye isano na Hotel Nobilis isanzwe ari iya Sonarwa.

Rees Kinyangi yatawe muri yombi hamwe na Aisha Uwamahoro wari usanzwe ari umucungamutungo w’iyi hoteli.

Itabwa muri yombi ry’aba babiri ryemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, wabwiye IGIHE ko “Ni ukuri. Bakurikiranyweho kunyereza umutungo no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro”.

Kugeza ubu dosiye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha nubwo iperereza rikomeje.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru