Urukiko rukuru rw’i Yeruzalemu rwatangaje ko Leta igiye kwirukana ku butaka bwayo abaturage bakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo babayo mu buryo budakurikije amategeko.
Ni umwanzuro urukiko rwatangaje ko uzashyirwa mu bikorwa bitarenze tariki ya 8 Ukuboza 2022.
Birareba kandi n’abateremerewe kuhaba nk’impunzi.
Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko hari abaturage 225 bari muri Israel bahageze bavuga ko bahunze ibice birimo imirwano mu gihugu cyabo.
Israel ivuga ko abo baturage batazurizwa indege ku ngufu ngo basubizwe iwabo mu gihe cyose amadosiye yabo asaba guhabwa uburenganzira bwo kuba impunzi atarasuzumwa ngo yemezwe cyangwa se yangwe.
Muri rusange, abaturage 400 bakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo nibo baba muri Israel.
Bari mu byiciro byose by’imyaka y’ubukure.
N’ubwo urukiko rwemeje ko bariya bantu batagomba gushushubikanywa ngo basubizwe iwabo ibyabo bitabanje gusuzumwa, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri Israel witwa Ayelet Shaked we yari yategetse ko bahambirizwa bakagenda bitarenze iminsi 30.
Umucamanza witwa David Gidoni yanenze iki cyemezo cya Shaked avuga ko kitari gishyize mu mu gaciro.
Iki cyemezo cye kandi cyamaganiwe kure n’abaharanira uburenganzira bwa muntu, bavugaga ko hari abantu benshi bakomoka muri DRC barebwaga n’icyemezo cya Shaked kandi mu by’ukuri bari bamaze igihe kirekire muri Israel.
Shaked kandi anengwa ko yari yanzuye ko biriya bikorwa ariko agafata icyemezo atarabona igisubizo yari yatse muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga.




















