Yanditswe na Nimugire Fidelia
Hashize iminsi umudepite wo mu Nteko ishinga amategeko muri Kenya ahigwa bukware nyuma yo kurasa umuntu mu ruhame, w’icyegera cy’uwo bahanganye mu matora mu Burengerazuba bwa Kenya.
Nyuma yo kurasanira mu ruhame, ku biro by’itora hakagwa umuntu umwe nkuko polisi ibitangaza, uyu mudepite yaketswe ko ariwe wagize uruhare mu kurasa aho hantu. Kuri ubu rero uyu mudepite yaje mu buryo bwo gufasha polisi mu iperereza irimo gukora.
Depite Barasa ahagarariye intara ya Kimili iri mu Burengerazuba bwa Kenya hafi y’umupaka wa Uganda.
Uyu mudepite yishyikirije polisi mu gihe ejo ku wa 4 umwunganizi we mu mategeko yari yasabye polisi ko yakwemera ingwate mu gihe umukiriya we agishakishwa maze ntatabwe muri yombi.
Uyu munsi ni uwa 3 Abanyakenya bategereje ibiza kuva mu matora ya perezida w’igihugu ndetse n’abandi bayobozi batandukaye.






















