Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yasabye ko hakorwa iperereza ku iraswa ryakozwe na polisi, ryahitanye umukobwa w’Umunya-Australia ndetse rigakomeretsa se na musaza we, mu gihe bari bagiye gusura abo mu muryango wabo muri Pakistan.
Nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru AP kuri uyu Mbere tariki 15 Kamena 2026, abapolisi badasanzwe (commandos) bo muri Pakistan, barashe umuryango w’Abanya-Australia bibeshye ko ari abajura bitwaje intwaro.
Hania Ahmed, umunyeshuri wiga (…)
Perezida Trump yatangaje ko umugambi w’ubwongereza wo kurekurira ikirwa cya Mauritius, ibirwa bya Chagos abyita igikorwa cy’ubucucu buhambaye, nkuko bigaragara ku rubuga rwe akunze kunyuzaho amakuru rwa Truth Social.
Yashimangiye ko uwo mugambi w’ubwongereza wo kwambura Amerika ibirindiro bya gisirikari muri ako gace nubwo nke ngo zahaguma ariko gutanga ubusugire byo ntibyumvikana agashimangira ko ariyo mpamvu; Leta zunze ubumwe z’Amerika zifuza kwiyomekaho ikirwa cya Greenland.
Yanditse (…)
Nibura abantu basaga 39 nibo byamenyekanye ko baguye mu mpanuka ya gariyamoshi zihuta (High Speed Train) mu murwa mukuru Madrid. Iyi mpanuka yabaye nyuma yaho indi gariyamoshi yinjiye mu nzira itariyo igahita igongana niriya yindi yavaga mu kindi cyerekezo ahitwa Adamuz.
Iyi mpanuka yabaye mu ma saa moya z’ijoro zaho muri Spain, nyuma y’igihe kigera kw’isaha iyo gariyamoshi ihagurutse ahitwa Malaga yerekeza i Madrid ku murwa mukuru.
Benshi mu bapfuye n’abakomeretse bari mu myanya (…)
Abayobozi b’ibihugu by’Uburayi n’Ubumwe bw’Uburayi (EU) bagaragaje ukutishimira gukomeye iterabwoba rya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ryo gushyiraho imisoro (tariffs) ku bicuruzwa bituruka mu Burayi, avuga ko ari igitutu agamije gushyirwa ku kibazo cya Greenland.
Trump yatangaje ko Amerika ishobora gutangira gushyiraho imisoro ya 10% guhera ku itariki ya 1 Gashyantare 2026, ikazamuka ikagera kuri 25% muri Kamena 2026, mu gihe ibihugu by’Uburayi bikomeje kwanga (…)
Nibura abarwanyi 27 bo mu nyeshyamba zirwanya ubutegetsi muri Colombia nibo bishwe mu gihugu hagati nyuma yo kurwana n’irindi shami ry’abarwanyi bahanganye, aya ni amakuru atangazwa n’uruhande rw’igisirikari cya leta. Ibi byakomeye cyane mu gihe hari icyuka cy’amakimbirane mu karere byongerewe ingufu n’igikorwa cya Amerika muri Venezuela ndetse no gutera ubwoba igihugu cya Colombia bikozwe na perezida Donald Trump.
Iyi mirwano ni imwe ikomeye yabaye mu mezi make ashize, ikaba yarabereye (…)
Agace ka Gaza kinjiye mu cyiciro cya kabiri cy’amasezerano yo guhagarika imirwano, nk’uko byemejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rwo gutegura inzibacyuho y’ubuyobozi bwa Gaza nyuma y’imyaka irenga ibiri y’intambara imaze guhitana ubuzima bw’abatati bacye.
Nubwo aya masezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa, ingabo za Israel zakomeje kugaba ibitero muri Gaza, aho byahitanye byibura Abanyapalestina 10, abandi benshi bagakomereka.
Nk’uko bitangazwa na Al Jazeera, ibi byateye (…)
FC/M23 yatangaje ku mugaragaro ko yashyize umujyi w’ingenzi wa Uvira mu maboko y’umuryango mpuzamahanga, nk’uko bigaragara mu ibaruwa yo ku wa 15 Mutarama 2026 yandikiwe Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres.
Iyo baruwa yashyizweho umukono na Corneille Nangaa Yobeluo, umuhuza wa politiki wa AFC/M23, ikurikiye icyemezo cyo kwikura kw’ingabo z’uwo mutwe cyatangajwe bwa mbere ku wa 15 Ukuboza 2025 kandi cyongeye gushimangirwa vuba aha, mu gihe banagaragaje (…)
Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump yashimangiye ko Leta ayoboye izafata ingingo zikomeye kuri Iran niramuka imanitse abigaragambya, nyuma y’uko ejo yari yabwiye abanya-Iran ko ubutabazi buri bugufi.
Ibi byaje nyuma yaho abavandimwe b’umusore w’imyaka 26, Erfan Soltani, watawe muri yombi mu cyumweru gishize babwiye BBC ishami ry’igipersi ko aza kwicwa uyu munsi. Abarenga 2400 bari mu myigaragambyo yamagana Leta nibo bamaze kugwa muri iyo myigaragambyo bishwe n’inzego za (…)
Mu gihugu cya Uganda hateganyijwe amatora azaba 15 Mutarama 2026, ubwo Perezida Kaguta Yoweri Museveni, azaba ahatanira Manda ya 7.
Yoweri Museveni ni Perezida wa Uganda watangiye kuyobora Uganda guhera 1986, bivuze ko amaze imyaka 40 ari Perezida wa Uganda.
Bivuze ko mu gihe yatorwa kuri iyi manda yayobora igihe cy’imyaka 5.
Museveni yinjiye ku butegetsi bwa mbere nyuma yo kuyobora umutwe w’inyeshyamba wahiritse ubutegetsi bwari buriho, bikaba byaragaragaje impinduka zikomeye mu (…)
Nibura abantu basaga 22 biravugwa ko bahitanywe n’impanuka y’ikimashini cyubaka muri Thailand kizwi nka Cranes cyagwiriye gariyamoshi yarimo igenda mu nzira yayo.
Amakuru atangwa n’inzego z’ubuyobozi muri Thailand avuga ko yari itwaye abantu bagera kw’195 ikaba yavaga mu mujyi wa Bangkok yerekeza mu ntara iherereye mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Thailand. biravugwa ko abantu basaga 80 bakomerekeye muri iryo sanganya- harimo umwe ufite umwaka w’amavuko.
Umwe warokotse iyo (…)
Bobi Wine yahanganye n’uburinzi bukaze muri Karamoja, bimubuza kwerekeza mu bice bya Moroto na Napak
Umukandida wa Perezida w’ishyaka NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yagize ingorane mu rugendo rwo kwiyamamaza muri Karamoja, aho abapolisi n’ingabo bamubuza kugera mu turere twa Moroto na Napak, bituma abafana be bategereza igihe kirekire.
Nk’uko akanama ka komisiyo y’amatora kabivuga, Bobi Wine yari ateganyirijwe kwiyamamaza mu turere twa Amudat, Moroto na Napak. Ku wa kabiri, yabuze uburyo bwo kugera muri Moroto na Napak, ibintu byateje umujinya mu bafana be bategereje amasaha (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.























