Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yasabye ko hakorwa iperereza ku iraswa ryakozwe na polisi, ryahitanye umukobwa w’Umunya-Australia ndetse rigakomeretsa se na musaza we, mu gihe bari bagiye gusura abo mu muryango wabo muri Pakistan.
Nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru AP kuri uyu Mbere tariki 15 Kamena 2026, abapolisi badasanzwe (commandos) bo muri Pakistan, barashe umuryango w’Abanya-Australia bibeshye ko ari abajura bitwaje intwaro.
Hania Ahmed, umunyeshuri wiga (…)
Itsinda ry’akanama ka Loni gashinzwe kugenzura ikorwa ry’ibyaha kemeje ko ibikorwa bya Israel mu gace ka Gaza ari Jenoside, ibigezweho nyuma y’iperereza rimaze imyaka ibiri bigendanye n’intambara imaze imyaka ibiri ibera muri ako gace.
Navi Pillay ukuriye iri tsinda rya UN yabwiye Al Jazeera ko mu bugenzuzi butandukanye bakoze basanze Perezida Isaac Herzog,Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo Yeov Gallant ibyo bagiye batangaza bigize ibyaha bya (…)
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marc Rubio yahuye na Minisitiri w’intebe wa Israel , Benjamin Netanyahu i Yerusalemu, mu buryo bugamije kurebera hamwe ingaruka ziriho nyuma y’igitero kuri Qatar.
Iki gitero Israel ivuga ko icyo gitero cyari kigamije abayobozi bakuru ba Hamas bari muri Qatar ikaba umwe mu bafatanyabikorwa b’imena ba Leta y’amerika, iki gitero kikaba cyaramaganywe n’umuryango mpuzamahanga ndetse na Perezida Trump yaracyamaganye. (…)
Ubutegetsi bwa Kremlin bwamaganye bwivuye inyuma igitekerezo cyo kohereza ingabo z’Amahanga muri Ukraine kugirange zitange ubwishingizi bw’umutekano kuri icyo gihugu, nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru bya leta mu burusiya.
Ibi bije bikurikira ibyatangajwe na Perezida Emmanuel Macron wavuze ko ibihugu bisaga 26 byo mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi byemeye kuzohereza imitwe y’ingabo zirwanira ku butaka, mu kirere no mu mazi muri Ukraine nyuma y’umunsi umwe agahenge kemejwe. Ibi byabaye nyuma (…)
Abantu nibura 600 nibo byamaze kumenyekana ko bahitanywe n’umutingito udasanzwe waraye wibasiye ibice by’uburasirazuba bwa Afghanistan nkuko byemejwe na Minisiteri y’Umutekano muri icyo gihugu.
Uyu mutingito bivugwa ko wabereye mu bujyakuzimu bureshya na Kilometero 8 wanagize ingaruka zikomeye ku murwa mukuru wa Pakistan; Islamabad ndetse n’uwa Afghanistan Kabul. Nubwo abantu basaga 600 aribo bamaze kumenyekana nk’abahitanywe nuyu mutingito abagera kuri 1300 byamenyekanye ko aribo (…)
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo gushyiraho imisoro mishya ya 50% ku bicuruzwa byinshi bituruka mu Buhinde, ahanini kubera ko icyo gihugu gikomeje kugura petroli y’u Burusiya mu gihe Washington ikomeje gushyira igitutu ku bantu bose bafasha ubukungu bwa leta ya Moscow
Ibi byatumye habaho impaka zikomeye hagati ya New Delhi na Washington, ndetse bigaragara nk’igihombo gikomeye ku nganda z’Abahinde zikomeye ku isoko rya (…)
Abayobozi bo mu bihugu byo mu muryango w’ubumwe bw’uburayi uretse Hongria, byatangaje ko abanya-Ukraine bafite uburenganzira bwo kugena ejo hazaza habo, mbere y’inama iteganyijwe guhuza Perezida Trump na Putin muri Alaska, nubwo bitaramenyekana niba Ukraine izabyitabira.
Aba banyaburayi bashimangira ko batiteguye gukoreshwa n’igitutu kubera iyi nama izaba kuwa gatanu batigeze banatumirwamo.
Perezida Trump aherutse gutangaza ko yiteguye kureba neza niba Perezida Putin koko afite ubushake (…)
Igihugu cya Australia cyatangaje ko kizemera Leta ya Palestine mu nteko rusange y’umuryango w’abibumbye izaba mu kwezi gutaha kwa nzeri, ikaba ifashe umurongo wafashwe n’ubwongereza,Ubufaransa na Canada bikaba byemejwe na Minisitiri w’intebe, Anthony Albanese.
Minisitiri Albanese yatangaje ko yaganiriye n’ubuyobozi bwa Palestine, bukamwizeza ko mubyo buzakora ari ukurambika intwaro hasi, gushyiraho amatora rusange ndetse no Kremera ko Leta ya Israel ifite uburenganzira bro kubaho (…)
Amakuru atangazwa na Televiziyo Hebrew 12 aremeza ko ingabo za Israel zagabye ibitero ku nyubako iherereye mu burengerazuba bwa Tehran, umurwa mukuru wa Iran, mu gihe habaga inama y’abayobozi bakuru ba Iran barimo na perezida Pezeshkian.
Ibiro ntaramakuru by’abanyairan Fars News byatangaje ko ibyo bitero byahise bifunga inzira zose zisohoka muri iyi nyubako; gusa abayobozi batandukanye babashije gusohoka banyuze mu nzira zikoreshwa mu bihe by’amage. Iki kinyamakuru cyahamije ko perezida (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko igihugu ayoboye kigiye kohereza intwaro z’ubwirinzi kuri Ukraine, zirimo na Missile za Patriots mu kuyifasha guhangana n’ibitero by’uburusiya bikomeje gukaza umurego.
Ku ruhande rw’abanya-ukraine ni amakuru meza bishimiye ari nacyo bamaze igihe basaba Perezida Trump kubafasha muri iyi ntambara aboherereza ibikoresho by’intambara. Amakuru avuga ko Amerika izanohereza intwaro zo kugaba ibitero muri Ukraine mu rwego rwo (…)
Umunyemari Elon Musk yatangaje ko agiye gushinga ishyaka rya politike, nyuma yo kudacana uwaka na Perezida w’America Donald Trump. Umunyemari Elon Musk abinyujije ku rukuta rwe rwa X yahoze ari twitter yatangaje ko agiye gutangiza ishyaka rya Politike rizaba rije guhangana n’ishyaka ry’abarepublike n’abademocrate. Elon Musk ntaratangaza uzayobora iri shyaka cyane we ko atemerewe kuba yayobora ishyaka mu gihe yavukiye hanze y’iki gihugu. ---- Elon Musk yatangiye kugaragaza ubushake bwo (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

























