Byagarutsweho mu kiganiro Ihuriro AFC/M23 n’abanyamakuru cyabaye ku wa Gatatu, ku tariki 22 Mata 2026, mu Mujyi wa Goma kiyobowe na Benjamin Mbonimpa, usanzwe ari Umunyamabanga wa AFC/M23. Iri huriro ryagarutse ku byo ryemeranyijwe na Leta ya Kinshasa mu biganiro by’amahoro i Montreux mu Busuwisi muri uku kwezi kwa Kane. Harimo ingingo eshatu bemeranyijweho, arizo guhererekanya ifungwa, agahenge, ndetse no korohereza ibikorwa by’ubutabazi.
Impande zombi zemeranyijwe guhererekanya (…)
Ubutegetsi bwa Kremlin bwamaganye bwivuye inyuma igitekerezo cyo kohereza ingabo z’Amahanga muri Ukraine kugirange zitange ubwishingizi bw’umutekano kuri icyo gihugu, nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru bya leta mu burusiya.
Ibi bije bikurikira ibyatangajwe na Perezida Emmanuel Macron wavuze ko ibihugu bisaga 26 byo mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi byemeye kuzohereza imitwe y’ingabo zirwanira ku butaka, mu kirere no mu mazi muri Ukraine nyuma y’umunsi umwe agahenge kemejwe. Ibi byabaye nyuma (…)
Abantu nibura 600 nibo byamaze kumenyekana ko bahitanywe n’umutingito udasanzwe waraye wibasiye ibice by’uburasirazuba bwa Afghanistan nkuko byemejwe na Minisiteri y’Umutekano muri icyo gihugu.
Uyu mutingito bivugwa ko wabereye mu bujyakuzimu bureshya na Kilometero 8 wanagize ingaruka zikomeye ku murwa mukuru wa Pakistan; Islamabad ndetse n’uwa Afghanistan Kabul. Nubwo abantu basaga 600 aribo bamaze kumenyekana nk’abahitanywe nuyu mutingito abagera kuri 1300 byamenyekanye ko aribo (…)
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo gushyiraho imisoro mishya ya 50% ku bicuruzwa byinshi bituruka mu Buhinde, ahanini kubera ko icyo gihugu gikomeje kugura petroli y’u Burusiya mu gihe Washington ikomeje gushyira igitutu ku bantu bose bafasha ubukungu bwa leta ya Moscow
Ibi byatumye habaho impaka zikomeye hagati ya New Delhi na Washington, ndetse bigaragara nk’igihombo gikomeye ku nganda z’Abahinde zikomeye ku isoko rya (…)
Abayobozi bo mu bihugu byo mu muryango w’ubumwe bw’uburayi uretse Hongria, byatangaje ko abanya-Ukraine bafite uburenganzira bwo kugena ejo hazaza habo, mbere y’inama iteganyijwe guhuza Perezida Trump na Putin muri Alaska, nubwo bitaramenyekana niba Ukraine izabyitabira.
Aba banyaburayi bashimangira ko batiteguye gukoreshwa n’igitutu kubera iyi nama izaba kuwa gatanu batigeze banatumirwamo.
Perezida Trump aherutse gutangaza ko yiteguye kureba neza niba Perezida Putin koko afite ubushake (…)
Igihugu cya Australia cyatangaje ko kizemera Leta ya Palestine mu nteko rusange y’umuryango w’abibumbye izaba mu kwezi gutaha kwa nzeri, ikaba ifashe umurongo wafashwe n’ubwongereza,Ubufaransa na Canada bikaba byemejwe na Minisitiri w’intebe, Anthony Albanese.
Minisitiri Albanese yatangaje ko yaganiriye n’ubuyobozi bwa Palestine, bukamwizeza ko mubyo buzakora ari ukurambika intwaro hasi, gushyiraho amatora rusange ndetse no Kremera ko Leta ya Israel ifite uburenganzira bro kubaho (…)
Amakuru atangazwa na Televiziyo Hebrew 12 aremeza ko ingabo za Israel zagabye ibitero ku nyubako iherereye mu burengerazuba bwa Tehran, umurwa mukuru wa Iran, mu gihe habaga inama y’abayobozi bakuru ba Iran barimo na perezida Pezeshkian.
Ibiro ntaramakuru by’abanyairan Fars News byatangaje ko ibyo bitero byahise bifunga inzira zose zisohoka muri iyi nyubako; gusa abayobozi batandukanye babashije gusohoka banyuze mu nzira zikoreshwa mu bihe by’amage. Iki kinyamakuru cyahamije ko perezida (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko igihugu ayoboye kigiye kohereza intwaro z’ubwirinzi kuri Ukraine, zirimo na Missile za Patriots mu kuyifasha guhangana n’ibitero by’uburusiya bikomeje gukaza umurego.
Ku ruhande rw’abanya-ukraine ni amakuru meza bishimiye ari nacyo bamaze igihe basaba Perezida Trump kubafasha muri iyi ntambara aboherereza ibikoresho by’intambara. Amakuru avuga ko Amerika izanohereza intwaro zo kugaba ibitero muri Ukraine mu rwego rwo (…)
Umunyemari Elon Musk yatangaje ko agiye gushinga ishyaka rya politike, nyuma yo kudacana uwaka na Perezida w’America Donald Trump. Umunyemari Elon Musk abinyujije ku rukuta rwe rwa X yahoze ari twitter yatangaje ko agiye gutangiza ishyaka rya Politike rizaba rije guhangana n’ishyaka ry’abarepublike n’abademocrate. Elon Musk ntaratangaza uzayobora iri shyaka cyane we ko atemerewe kuba yayobora ishyaka mu gihe yavukiye hanze y’iki gihugu. ---- Elon Musk yatangiye kugaragaza ubushake bwo (…)
Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika Donald Trump yemeje ko mu gihe ubutegetsi bwa Iran bwaba bunaniwe gukorera neza igihugu cyabo hafatwa umwanzuro wo gukuraho ubutegetsi bwa Ayatollah Ali Khamenei.
Ibi bije nyuma yaho ubutegetsi bw’Amerika butangaje ko mu bitero bagabye muri Iran ikigendanye no gukuraho ubutegetsi ( Regime Change) kitari muri gahunda bafite kuri ubu, nyuma y’ibisasu byagabwe muri Iran mu mpera z’iki cyumweru dusoje. Leta ya Iran yarahiriye kwihorera ku bitero (…)
Inteko ishinga amategeko ya Iran yatoye umushinga wemerera leta ya Iran gufunga umuhora wa Hormouz, usanzwe unyuzwamo ibikomoka kuri Peteroli byinshi biva mu burasirazuba bwo hagati byerekezwa hirya no hino kw’isi.
Ibi inteko ya Iran yaraye ibitoye mu rwego rwo kwihimura ku bitero biherutse kugabwa na USA mu bice bitatu bikomeye byo muri Iran bisanzwe bitunganyirizwamo ubutare bwa Nucleaire.
Impuguke mu bukungu zivuga ko gufunga uyu muhora wa Hormouz bishobora gutuma habaho itumbagira (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























