Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

Perezida w'u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y'uko ububiko bw'intwaro z'igisirikare cy'u Burundi bufashwe n'inkongi y'umuriro

Iyi nkongi yabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Werurwe, yibasiye ububiko bw’intwaro buri mu kigo cya gisirikare kizwi nka ‘Base’, giherereye mu gace ka Musaga i Bujumbura.
Igisirikare cy’u Burundi na Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu, byatangaje ko iyi nkongi yaturutse ku kibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Mu butumwa Perezida Ndayishimiye yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu ijoro ryo ku wa 31, yihanganishije Abarundi, ndetse asaba Imana kubana n’u Burundi.
Ati “Nihanganishije (…)

Papa Leo XIV agiye guhura na Erdogan, n'Abayobozi ba Orotodosiki mu ruzinduko rwe rwa mbere hanze y'Ubutaliyani
Papa Leo XIV agiye guhura na Erdogan, n’Abayobozi ba Orotodosiki mu ruzinduko rwe rwa mbere hanze y’Ubutaliyani

Papa Leo XIV aratangira kuri uyu wa Kane uruzinduko rwe rwa mbere hanze y’Ubutaliyani kuva yatororwa muri Gicurasi, aho agiye muri Turukiya mu rwego rwo kuganira ku mahoro no gushimangira ubumwe bw’amadini. Mu murwa mukuru Ankara, biteganyijwe ko arahura na Perezida Recep Tayyip Erdogan ndetse n’abayobozi b’inzego zitandukanye, mbere yo gukomereza i Istanbul. Uyu muyobozi w’Idini Gaturiki ku Isi rifite abakirisitu bagera kuri miliyari 1.4 ni bwo bwa mbere agiye mu mahanga, uruzinduko rwe (…)

424 Shares 4 Comments
Urukiko rukuru rw'Ubufaransa rwemeje igihano cya Nicolas Sarkozy ku byaha byo kwaka no kwakira inkunga mu buryo bunyuranyije n'amategeko
Urukiko rukuru rw’Ubufaransa rwemeje igihano cya Nicolas Sarkozy ku byaha byo kwaka no kwakira inkunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bufaransa ku wa Gatatu rwemeje burundu igihano cyahawe wahoze ari Perezida Nicolas Sarkozy, cy’uko yasohoye amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu bukangurambaga bwo kwiyamamaza mu matora yo mu 2012. Ni imyanzuro ikomeje gukomeretsa izina rye mu murage wa politiki ya Sarkozy, umaze igihe wugarijwe n’ibibazo by’ubutabera. Iki cyemezo kije gikurikira urubanza rundi ruherutse kumushyira mu mateka nk’umuperezida wa mbere w’u Bufaransa nyuma y’Intambara ya II (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Abantu 13 bahitanywe n'inkongi y'umuriro muri Hong Kong
Abantu 13 bahitanywe n’inkongi y’umuriro muri Hong Kong

Abantu 13 bapfuye, abandi barakomereka, nyuma y’uko inkongi y’umuriro ikaze yibasiye agace gatuwemo cyane ka Tai Po kuri uyu wa Gatatu.
Inzego zishinzwe ubutabazi zatangaje ko abarenga 700 bashinzwe kuzimya umuriro bari bahanganye n’iyi nkongi, mu gihe abaturage barenga 700 bakuwe mu byabo nyuma y’uko umuriro wari umaze gufata ibice bitandukanye by’inyubako ndende zigizwe n’amazu yo guturamo.
Umuriro watangiriye mu nyubako zari ziri gusanwa, bikekwa ko bimwe mu bikoresho birimo (…)

424 Shares 4 Comments
Umuryango w'Abibumbye wahaye umugisha icyifuzo cya Trump cyo kohereza ingabo z'amahanga muri Gaza
Umuryango w’Abibumbye wahaye umugisha icyifuzo cya Trump cyo kohereza ingabo z’amahanga muri Gaza

Ikinyamakuru RFI cyanditse ko Akanama k’Umutekano k’umuryango w’Abibumbye (ONU) katoye gashyigikira umugambi wa Perezida Donald Trump wo kohereza ingabo mpuzamahanga muri Gaza.
Iki cyemezo cyaraye gifatiwe i New York, cyashyigikiwe n’ibihugu 13 muri 15 bigize Akanama, Amerika ibifata nk’iherezo ry’intambara muri aka karere. Ni mu gihe Uburusiya n’Ubushinwa byifashe, Hamas iwamaganiye kure, ivuga ko uyu mwanzuro ubogamye.
Akanama k’Umutekano ka ONU kemeje uyu mugambi wa Amerika wemerera (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
MALI: Ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri petelori gikomeje kutavugwaho rumwe
MALI: Ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri petelori gikomeje kutavugwaho rumwe

Amezi abaye 2 mu gihugu cya Mali, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli risa n’iryahagaritse ubuzima. Ni Ikibazo bashinja inyeshyamba za JNIM (umutwe wa al-Qaeda mu karere), ndetse n’ibitero byakunze kugabwa mu majyepfo. Ibi byakuruye umwuka mubi n’amakimbirane atarigeze kubaho mugihugu.
Ubutegetsi bw’inzibacyuho burahamagarira abaturage kubwiyungaho bugatera umugongo ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba bivugwa ko yaba ishyigikiwe na bimwe mu bihugu byo mu mahanga.
Ku rundi ruhande, abatavuga (…)

424 Shares 4 Comments
Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa icyaha cyo kwicisha icyuma umukobwa we
Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa icyaha cyo kwicisha icyuma umukobwa we

Kuri uyu wa 30 nzeli umubyeyi n’umuhungu we bakomoka mu gihugu cya Tanzania baregwa kwica Beatrice Magombola, akaba n’umunyamuryango wabo bakatiwe kunyongwa kugeza bapfuye nyuma yo guhamwa nicyo cyaha bikekwa ko cyabaye ku ya 1 Ukuboza 2020 mu gace ka Kijichi.
Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam, ku ishami rito rikorera mu rukiko rwa Kisutu, rwakatiye urwo gupfa Sophia Mwenda w’ufite imyaka 64 hamwe n’umuhungu we Alphonse Magombola ufite imyaka 39 kunyongwa kugeza bapfuye, nyuma yo guhamwa (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Gaza:Amahoro yemejwe na Trump I Gaza arashoboka?
Gaza:Amahoro yemejwe na Trump I Gaza arashoboka?

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump,yatangaje ko Gaza igiye kubona amahoro bigizwemo uruhare na Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu. Byaganiweho kuri uyu wa Mbere I Washington . Uwo mugambi wakiriwe neza n’ibihugu bikomeye by’Abarabu ndetse n’abayobozi b’u Burayi, ariko Hamas ntirawemeza.
RFI(Radio mpuzamahanga y’abafaransa) itangazako Gahunda yo kugarura amahoro I Gaza igizwe n’ingingo 20, isaba ko habaho ihagarikwa ry’imirwano no (…)

424 Shares 4 Comments
LONI YEMEJE KO IBIRI KUBERA MURI GAZA ARI JENOSIDE
LONI YEMEJE KO IBIRI KUBERA MURI GAZA ARI JENOSIDE

Itsinda ry’akanama ka Loni gashinzwe kugenzura ikorwa ry’ibyaha kemeje ko ibikorwa bya Israel mu gace ka Gaza ari Jenoside, ibigezweho nyuma y’iperereza rimaze imyaka ibiri bigendanye n’intambara imaze imyaka ibiri ibera muri ako gace.
Navi Pillay ukuriye iri tsinda rya UN yabwiye Al Jazeera ko mu bugenzuzi butandukanye bakoze basanze Perezida Isaac Herzog,Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo Yeov Gallant ibyo bagiye batangaza bigize ibyaha bya (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y'igitero kuri Qatar
Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y’igitero kuri Qatar

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marc Rubio yahuye na Minisitiri w’intebe wa Israel , Benjamin Netanyahu i Yerusalemu, mu buryo bugamije kurebera hamwe ingaruka ziriho nyuma y’igitero kuri Qatar.
Iki gitero Israel ivuga ko icyo gitero cyari kigamije abayobozi bakuru ba Hamas bari muri Qatar ikaba umwe mu bafatanyabikorwa b’imena ba Leta y’amerika, iki gitero kikaba cyaramaganywe n’umuryango mpuzamahanga ndetse na Perezida Trump yaracyamaganye. (…)

424 Shares 4 Comments
UBURUSIYA BWAMAGANYE INGABO Z'AMAHANGA ZAKOROHEREZWA MURI UKRAINE
UBURUSIYA BWAMAGANYE INGABO Z’AMAHANGA ZAKOROHEREZWA MURI UKRAINE

Ubutegetsi bwa Kremlin bwamaganye bwivuye inyuma igitekerezo cyo kohereza ingabo z’Amahanga muri Ukraine kugirange zitange ubwishingizi bw’umutekano kuri icyo gihugu, nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru bya leta mu burusiya.
Ibi bije bikurikira ibyatangajwe na Perezida Emmanuel Macron wavuze ko ibihugu bisaga 26 byo mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi byemeye kuzohereza imitwe y’ingabo zirwanira ku butaka, mu kirere no mu mazi muri Ukraine nyuma y’umunsi umwe agahenge kemejwe. Ibi byabaye nyuma (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top

Generic placeholder image

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru