Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

AFC/M23 na Kinshasa bemeranyije guhererekanya imfungwa zikanyuzwa muri Uganda

Byagarutsweho mu kiganiro Ihuriro AFC/M23 n’abanyamakuru cyabaye ku wa Gatatu, ku tariki 22 Mata 2026, mu Mujyi wa Goma kiyobowe na Benjamin Mbonimpa, usanzwe ari Umunyamabanga wa AFC/M23. Iri huriro ryagarutse ku byo ryemeranyijwe na Leta ya Kinshasa mu biganiro by’amahoro i Montreux mu Busuwisi muri uku kwezi kwa Kane. Harimo ingingo eshatu bemeranyijweho, arizo guhererekanya ifungwa, agahenge, ndetse no korohereza ibikorwa by’ubutabazi.
Impande zombi zemeranyijwe guhererekanya (…)

Trump yategetse isuzuma rya buri “Green Card” y'abaturuka mu bihugu 19 nyuma y'igitero cyagabwe ku Murwa Mukuru
Trump yategetse isuzuma rya buri “Green Card” y’abaturuka mu bihugu 19 nyuma y’igitero cyagabwe ku Murwa Mukuru

Perezida Donald Trump yategetse iperereza ryihuse ryo kugenzura abantu bose bafite Green Card baturuka mu bihugu ubuyobozi bwe bwita "ibihugu biteye impungenge", nyuma y’aho abasirikare barinda umukuru w’igihugu bagabweho igitero ku wa Gatatu. Ibi byatangajwe ku wa Kane n’umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Abimukira n’Abanyamahanga (USCIS), Joseph Edlow. Ubuyobozi bwa Trump bwemeje ko bugiye gusuzuma imiterere y’amategeko y’abimukira bose bafite uburenganzira bwo gutura muri Leta Zunze Ubumwe za (…)

424 Shares 4 Comments
Papa Leo XIV agiye guhura na Erdogan, n'Abayobozi ba Orotodosiki mu ruzinduko rwe rwa mbere hanze y'Ubutaliyani
Papa Leo XIV agiye guhura na Erdogan, n’Abayobozi ba Orotodosiki mu ruzinduko rwe rwa mbere hanze y’Ubutaliyani

Papa Leo XIV aratangira kuri uyu wa Kane uruzinduko rwe rwa mbere hanze y’Ubutaliyani kuva yatororwa muri Gicurasi, aho agiye muri Turukiya mu rwego rwo kuganira ku mahoro no gushimangira ubumwe bw’amadini. Mu murwa mukuru Ankara, biteganyijwe ko arahura na Perezida Recep Tayyip Erdogan ndetse n’abayobozi b’inzego zitandukanye, mbere yo gukomereza i Istanbul. Uyu muyobozi w’Idini Gaturiki ku Isi rifite abakirisitu bagera kuri miliyari 1.4 ni bwo bwa mbere agiye mu mahanga, uruzinduko rwe (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Urukiko rukuru rw'Ubufaransa rwemeje igihano cya Nicolas Sarkozy ku byaha byo kwaka no kwakira inkunga mu buryo bunyuranyije n'amategeko
Urukiko rukuru rw’Ubufaransa rwemeje igihano cya Nicolas Sarkozy ku byaha byo kwaka no kwakira inkunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bufaransa ku wa Gatatu rwemeje burundu igihano cyahawe wahoze ari Perezida Nicolas Sarkozy, cy’uko yasohoye amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu bukangurambaga bwo kwiyamamaza mu matora yo mu 2012. Ni imyanzuro ikomeje gukomeretsa izina rye mu murage wa politiki ya Sarkozy, umaze igihe wugarijwe n’ibibazo by’ubutabera. Iki cyemezo kije gikurikira urubanza rundi ruherutse kumushyira mu mateka nk’umuperezida wa mbere w’u Bufaransa nyuma y’Intambara ya II (…)

424 Shares 4 Comments
Abantu 13 bahitanywe n'inkongi y'umuriro muri Hong Kong
Abantu 13 bahitanywe n’inkongi y’umuriro muri Hong Kong

Abantu 13 bapfuye, abandi barakomereka, nyuma y’uko inkongi y’umuriro ikaze yibasiye agace gatuwemo cyane ka Tai Po kuri uyu wa Gatatu.
Inzego zishinzwe ubutabazi zatangaje ko abarenga 700 bashinzwe kuzimya umuriro bari bahanganye n’iyi nkongi, mu gihe abaturage barenga 700 bakuwe mu byabo nyuma y’uko umuriro wari umaze gufata ibice bitandukanye by’inyubako ndende zigizwe n’amazu yo guturamo.
Umuriro watangiriye mu nyubako zari ziri gusanwa, bikekwa ko bimwe mu bikoresho birimo (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Umuryango w'Abibumbye wahaye umugisha icyifuzo cya Trump cyo kohereza ingabo z'amahanga muri Gaza
Umuryango w’Abibumbye wahaye umugisha icyifuzo cya Trump cyo kohereza ingabo z’amahanga muri Gaza

Ikinyamakuru RFI cyanditse ko Akanama k’Umutekano k’umuryango w’Abibumbye (ONU) katoye gashyigikira umugambi wa Perezida Donald Trump wo kohereza ingabo mpuzamahanga muri Gaza.
Iki cyemezo cyaraye gifatiwe i New York, cyashyigikiwe n’ibihugu 13 muri 15 bigize Akanama, Amerika ibifata nk’iherezo ry’intambara muri aka karere. Ni mu gihe Uburusiya n’Ubushinwa byifashe, Hamas iwamaganiye kure, ivuga ko uyu mwanzuro ubogamye.
Akanama k’Umutekano ka ONU kemeje uyu mugambi wa Amerika wemerera (…)

424 Shares 4 Comments
MALI: Ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri petelori gikomeje kutavugwaho rumwe
MALI: Ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri petelori gikomeje kutavugwaho rumwe

Amezi abaye 2 mu gihugu cya Mali, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli risa n’iryahagaritse ubuzima. Ni Ikibazo bashinja inyeshyamba za JNIM (umutwe wa al-Qaeda mu karere), ndetse n’ibitero byakunze kugabwa mu majyepfo. Ibi byakuruye umwuka mubi n’amakimbirane atarigeze kubaho mugihugu.
Ubutegetsi bw’inzibacyuho burahamagarira abaturage kubwiyungaho bugatera umugongo ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba bivugwa ko yaba ishyigikiwe na bimwe mu bihugu byo mu mahanga.
Ku rundi ruhande, abatavuga (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa icyaha cyo kwicisha icyuma umukobwa we
Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa icyaha cyo kwicisha icyuma umukobwa we

Kuri uyu wa 30 nzeli umubyeyi n’umuhungu we bakomoka mu gihugu cya Tanzania baregwa kwica Beatrice Magombola, akaba n’umunyamuryango wabo bakatiwe kunyongwa kugeza bapfuye nyuma yo guhamwa nicyo cyaha bikekwa ko cyabaye ku ya 1 Ukuboza 2020 mu gace ka Kijichi.
Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam, ku ishami rito rikorera mu rukiko rwa Kisutu, rwakatiye urwo gupfa Sophia Mwenda w’ufite imyaka 64 hamwe n’umuhungu we Alphonse Magombola ufite imyaka 39 kunyongwa kugeza bapfuye, nyuma yo guhamwa (…)

424 Shares 4 Comments
Gaza:Amahoro yemejwe na Trump I Gaza arashoboka?
Gaza:Amahoro yemejwe na Trump I Gaza arashoboka?

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump,yatangaje ko Gaza igiye kubona amahoro bigizwemo uruhare na Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu. Byaganiweho kuri uyu wa Mbere I Washington . Uwo mugambi wakiriwe neza n’ibihugu bikomeye by’Abarabu ndetse n’abayobozi b’u Burayi, ariko Hamas ntirawemeza.
RFI(Radio mpuzamahanga y’abafaransa) itangazako Gahunda yo kugarura amahoro I Gaza igizwe n’ingingo 20, isaba ko habaho ihagarikwa ry’imirwano no (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
LONI YEMEJE KO IBIRI KUBERA MURI GAZA ARI JENOSIDE
LONI YEMEJE KO IBIRI KUBERA MURI GAZA ARI JENOSIDE

Itsinda ry’akanama ka Loni gashinzwe kugenzura ikorwa ry’ibyaha kemeje ko ibikorwa bya Israel mu gace ka Gaza ari Jenoside, ibigezweho nyuma y’iperereza rimaze imyaka ibiri bigendanye n’intambara imaze imyaka ibiri ibera muri ako gace.
Navi Pillay ukuriye iri tsinda rya UN yabwiye Al Jazeera ko mu bugenzuzi butandukanye bakoze basanze Perezida Isaac Herzog,Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo Yeov Gallant ibyo bagiye batangaza bigize ibyaha bya (…)

424 Shares 4 Comments
Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y'igitero kuri Qatar
Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y’igitero kuri Qatar

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marc Rubio yahuye na Minisitiri w’intebe wa Israel , Benjamin Netanyahu i Yerusalemu, mu buryo bugamije kurebera hamwe ingaruka ziriho nyuma y’igitero kuri Qatar.
Iki gitero Israel ivuga ko icyo gitero cyari kigamije abayobozi bakuru ba Hamas bari muri Qatar ikaba umwe mu bafatanyabikorwa b’imena ba Leta y’amerika, iki gitero kikaba cyaramaganywe n’umuryango mpuzamahanga ndetse na Perezida Trump yaracyamaganye. (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top

Generic placeholder image

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru