Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

Ubumwe bw'Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry'imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y'icyemezo cy'Urukiko rw'Ikirenga

Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi yatangaje ko nta zamurwa ry’imisoro (tariffs) izemera ku bicuruzwa byoherezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika ruhagaritse amategeko yari yemereye Perezida Donald Trump gushyiraho imisoro ya rusange ku mbuto zose ziva mu mahanga.
Nyuma y’icyo cyemezo, Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika yashyizeho misoro mishya ya 10% ku bicuruzwa byose byinjira mu gihugu, kugera kuri 15% umunsi wakurikiyeho. Ibi byateje impaka (…)

Abantu 13 bahitanywe n'inkongi y'umuriro muri Hong Kong
Abantu 13 bahitanywe n’inkongi y’umuriro muri Hong Kong

Abantu 13 bapfuye, abandi barakomereka, nyuma y’uko inkongi y’umuriro ikaze yibasiye agace gatuwemo cyane ka Tai Po kuri uyu wa Gatatu.
Inzego zishinzwe ubutabazi zatangaje ko abarenga 700 bashinzwe kuzimya umuriro bari bahanganye n’iyi nkongi, mu gihe abaturage barenga 700 bakuwe mu byabo nyuma y’uko umuriro wari umaze gufata ibice bitandukanye by’inyubako ndende zigizwe n’amazu yo guturamo.
Umuriro watangiriye mu nyubako zari ziri gusanwa, bikekwa ko bimwe mu bikoresho birimo (…)

424 Shares 4 Comments
Umuryango w'Abibumbye wahaye umugisha icyifuzo cya Trump cyo kohereza ingabo z'amahanga muri Gaza
Umuryango w’Abibumbye wahaye umugisha icyifuzo cya Trump cyo kohereza ingabo z’amahanga muri Gaza

Ikinyamakuru RFI cyanditse ko Akanama k’Umutekano k’umuryango w’Abibumbye (ONU) katoye gashyigikira umugambi wa Perezida Donald Trump wo kohereza ingabo mpuzamahanga muri Gaza.
Iki cyemezo cyaraye gifatiwe i New York, cyashyigikiwe n’ibihugu 13 muri 15 bigize Akanama, Amerika ibifata nk’iherezo ry’intambara muri aka karere. Ni mu gihe Uburusiya n’Ubushinwa byifashe, Hamas iwamaganiye kure, ivuga ko uyu mwanzuro ubogamye.
Akanama k’Umutekano ka ONU kemeje uyu mugambi wa Amerika wemerera (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
MALI: Ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri petelori gikomeje kutavugwaho rumwe
MALI: Ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri petelori gikomeje kutavugwaho rumwe

Amezi abaye 2 mu gihugu cya Mali, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli risa n’iryahagaritse ubuzima. Ni Ikibazo bashinja inyeshyamba za JNIM (umutwe wa al-Qaeda mu karere), ndetse n’ibitero byakunze kugabwa mu majyepfo. Ibi byakuruye umwuka mubi n’amakimbirane atarigeze kubaho mugihugu.
Ubutegetsi bw’inzibacyuho burahamagarira abaturage kubwiyungaho bugatera umugongo ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba bivugwa ko yaba ishyigikiwe na bimwe mu bihugu byo mu mahanga.
Ku rundi ruhande, abatavuga (…)

424 Shares 4 Comments
Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa icyaha cyo kwicisha icyuma umukobwa we
Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa icyaha cyo kwicisha icyuma umukobwa we

Kuri uyu wa 30 nzeli umubyeyi n’umuhungu we bakomoka mu gihugu cya Tanzania baregwa kwica Beatrice Magombola, akaba n’umunyamuryango wabo bakatiwe kunyongwa kugeza bapfuye nyuma yo guhamwa nicyo cyaha bikekwa ko cyabaye ku ya 1 Ukuboza 2020 mu gace ka Kijichi.
Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam, ku ishami rito rikorera mu rukiko rwa Kisutu, rwakatiye urwo gupfa Sophia Mwenda w’ufite imyaka 64 hamwe n’umuhungu we Alphonse Magombola ufite imyaka 39 kunyongwa kugeza bapfuye, nyuma yo guhamwa (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Gaza:Amahoro yemejwe na Trump I Gaza arashoboka?
Gaza:Amahoro yemejwe na Trump I Gaza arashoboka?

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump,yatangaje ko Gaza igiye kubona amahoro bigizwemo uruhare na Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu. Byaganiweho kuri uyu wa Mbere I Washington . Uwo mugambi wakiriwe neza n’ibihugu bikomeye by’Abarabu ndetse n’abayobozi b’u Burayi, ariko Hamas ntirawemeza.
RFI(Radio mpuzamahanga y’abafaransa) itangazako Gahunda yo kugarura amahoro I Gaza igizwe n’ingingo 20, isaba ko habaho ihagarikwa ry’imirwano no (…)

424 Shares 4 Comments
LONI YEMEJE KO IBIRI KUBERA MURI GAZA ARI JENOSIDE
LONI YEMEJE KO IBIRI KUBERA MURI GAZA ARI JENOSIDE

Itsinda ry’akanama ka Loni gashinzwe kugenzura ikorwa ry’ibyaha kemeje ko ibikorwa bya Israel mu gace ka Gaza ari Jenoside, ibigezweho nyuma y’iperereza rimaze imyaka ibiri bigendanye n’intambara imaze imyaka ibiri ibera muri ako gace.
Navi Pillay ukuriye iri tsinda rya UN yabwiye Al Jazeera ko mu bugenzuzi butandukanye bakoze basanze Perezida Isaac Herzog,Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo Yeov Gallant ibyo bagiye batangaza bigize ibyaha bya (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y'igitero kuri Qatar
Marc Rubio yahuye na Netanyahu nyuma y’igitero kuri Qatar

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marc Rubio yahuye na Minisitiri w’intebe wa Israel , Benjamin Netanyahu i Yerusalemu, mu buryo bugamije kurebera hamwe ingaruka ziriho nyuma y’igitero kuri Qatar.
Iki gitero Israel ivuga ko icyo gitero cyari kigamije abayobozi bakuru ba Hamas bari muri Qatar ikaba umwe mu bafatanyabikorwa b’imena ba Leta y’amerika, iki gitero kikaba cyaramaganywe n’umuryango mpuzamahanga ndetse na Perezida Trump yaracyamaganye. (…)

424 Shares 4 Comments
UBURUSIYA BWAMAGANYE INGABO Z'AMAHANGA ZAKOROHEREZWA MURI UKRAINE
UBURUSIYA BWAMAGANYE INGABO Z’AMAHANGA ZAKOROHEREZWA MURI UKRAINE

Ubutegetsi bwa Kremlin bwamaganye bwivuye inyuma igitekerezo cyo kohereza ingabo z’Amahanga muri Ukraine kugirange zitange ubwishingizi bw’umutekano kuri icyo gihugu, nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru bya leta mu burusiya.
Ibi bije bikurikira ibyatangajwe na Perezida Emmanuel Macron wavuze ko ibihugu bisaga 26 byo mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi byemeye kuzohereza imitwe y’ingabo zirwanira ku butaka, mu kirere no mu mazi muri Ukraine nyuma y’umunsi umwe agahenge kemejwe. Ibi byabaye nyuma (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
UMUTINGITO WISHE ABANTU 600 MURI AFGHANISTAN
UMUTINGITO WISHE ABANTU 600 MURI AFGHANISTAN

Abantu nibura 600 nibo byamaze kumenyekana ko bahitanywe n’umutingito udasanzwe waraye wibasiye ibice by’uburasirazuba bwa Afghanistan nkuko byemejwe na Minisiteri y’Umutekano muri icyo gihugu.
Uyu mutingito bivugwa ko wabereye mu bujyakuzimu bureshya na Kilometero 8 wanagize ingaruka zikomeye ku murwa mukuru wa Pakistan; Islamabad ndetse n’uwa Afghanistan Kabul. Nubwo abantu basaga 600 aribo bamaze kumenyekana nk’abahitanywe nuyu mutingito abagera kuri 1300 byamenyekanye ko aribo (…)

424 Shares 4 Comments
Trump yashyizeho imisoro ya 50% ku bicuruzwa by'Ubuhinde – Modi asaba abahinde kwigira
Trump yashyizeho imisoro ya 50% ku bicuruzwa by’Ubuhinde – Modi asaba abahinde kwigira

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo gushyiraho imisoro mishya ya 50% ku bicuruzwa byinshi bituruka mu Buhinde, ahanini kubera ko icyo gihugu gikomeje kugura petroli y’u Burusiya mu gihe Washington ikomeje gushyira igitutu ku bantu bose bafasha ubukungu bwa leta ya Moscow
Ibi byatumye habaho impaka zikomeye hagati ya New Delhi na Washington, ndetse bigaragara nk’igihombo gikomeye ku nganda z’Abahinde zikomeye ku isoko rya (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top

Generic placeholder image

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru